

Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’abagore yisanze mu Itsinda D hamwe na Algeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi mu Gikombe cya Afurika, CAVB Nations Championship 2026.


Umuvugizi wa Mukura VS, Gatera Edmond, yatangaje ko ikipe ye ari yo yonyine ifite ubushobozi bwo gutsinda Rayon Sports, igaharika umuvuduko w`iyi kipe avuga ko yigize akari aha kajyahe, mu gihe baramuka bahuriye muri Super Cup.

Umunya-Brazil Ronaldinho Gáucho yongeye kugaruka mu kibuga nyuma y’imyaka 11 asezeye ku mupira w’amaguru, nyuma yo gusinyira ikipe ya Ravenna FC, ikipe ikina mu cyiciro cya gatatu mu Butaliyani, Serie C.

Umutoza wa Rayon Sports, Harigingo Francis Christian, yatangaje ko nubwo APR FC yikuye mu irushanwa rya Super Cup 2026, bazahurira mu yandi marushanwa bagahangana.
Ishyirahamwe ry’imikino ya Volleyball muri Afurika (CAVB), ryemeje ko irushanwa ry’igikombe cya Afurika ryari kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryimurirwa muri Tunisia bitewe n`icyorezo cya Ebola.

Ikipe y’igihugu ya Cap-Vert, izahura n’amakipe arimo iy’u Rwanda ‘Amavubi’ mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, yahinduye umutoza, aho Humberto Bettencourt yasimbuye Pedro Leitão Brito ’Bubista’ watandukanye na yo.
Umunyemari w’umunyamerika Jeff Bezos, washinze Amazon, yinjiye mu itsinda ry’abashoramari ryamaze kugura imigabane ingana na 38% muri Liverpool FC, byatumye agaciro k`iyi kipe kazamuka kakagera hagati ya miliyari 5 na miliyari 6 z’amapound.

Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira Thierry, yemeje ko dosiye ya Shema Fabrice, usanzwe ari umuyobozi wa FERWAFA, yagejejwe mu bushinjacyaha.