
Mu gihe ubuhinzi bukomeje kuba inkingi ya mwamba mu bukungu bw’u Rwanda, Leta irimo gushaka uburyo bushya bwo gufasha abahinzi kubona inguzanyo, aho umusaruro wabo uzajya ubabera ingwate. Ibi bikaba byitezweho guhindura imyumvire y’abaturage ku buhinzi, bukava ku rwego rwo kwihaza gusa bukaba umwuga utanga inyungu.

Abagore biteje imbere babikesha ibikorwa by’imari biciriritse baravuga ko bamaze kugera ku rwego rushimishije mu iterambere ryabo n’imiryango yabo. Ibi babigarutseho mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore usanzwe wizihizwa taliki ya 08 Werurwe ariko bo bakaba bawizihije uyu munsi mu rwego rwo kwishimira ibyo bagezeho.


Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi mu buhinzi bwo mu turere dushyuha (International Institute of Tropical Agriculture), agamije guteza imbere ubuhinzi bukoresha ikoranabuhanga rigezweho no kongera umusaruro w’abahinzi
Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere urubyiruko no kuruhangira imirimo, hari bamwe mu rubyiruko rwafashe iya mbere bihangira imirimo, ariko rukavuga ko rugihura n’imbogamizi zikomeye mu kubona inguzanyo zibafasha kwagura ibikorwa byabo.

Tariki ya 5 Mata, isi yose yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Imikino n’Iterambere n’Amahoro washyizweho n’Umuryango w’abibumbye. Ni umunsi wibutsa ko siporo ishobora kurenga kuba imyidagaduro igahinduka igikoresho cyubaka ubuzima, imyitwarire n’ahazaza h’urubyiruko.
