Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA),ryemeje ko Stade Amahoro ariyo izakira imikino ifungura irushanwa rya CECEFA Kagame Cup,rizabera mu Rwanda mu mpera z`iki cyumweru.

Biteganyijwe ko iyo mikino ifungura CECAFA Kagame Cup izaba kuri uyu wa gatanu, tariki 24 Nyakanga 2026. Iyi mikino yashoboraga kubera kuri Stade Pele i Nyamirambo, ariko nyuma yo kubisuzuma, FERWAFA yanzuye ko izabera kuri Stade Amahoro i Remera.
Imikino ifungura CECAFA Kagame Cup ya 2026 ni iyo mu itsinda A. Vipers FC yo muri Uganda izakina na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti,mu gihe APR FC yo mu Rwanda izatana mu mitwe na Gormahia yo muri Kenya. Nkuko byatangajwe n`ishyirahamwe ry`umupira w`amaguru mu Rwanda, iyi mikino yombi izabera kuri Stade Amahoro i Remera.
Irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rya 2026, rizitabirwa n’amakipe 12 agabanyije mu matsinda atatu. Amakipe y’u Rwanda azarikina ni APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona na Rayon Sports yabaye iya kabiri.
Itsinda A rigizwe n`amakipe ya APR FC yo mu Rwanda, Vipers SC (Uganda), Gor Mahia (Kenya), na FC Garde Republicaine (Djibouti),mu gihe itsinda B ririmo Singida Big Stars (Tanzania) na Simba SC zo muri Tanzania, Jamus (Sudani y’Epfo) na Mogadishu City (Somalia).
Itsinda C ari naryo rya nyuma rigizwe n`amakipe ya Rayon Sports yo mu Rwanda, Al Hilal SC (Sudani), Tusker FC (Kenya) na KVZ SC (Zanzibar).