Ikipe ya Police FC yasinyishije abakinnyi batanu barimo ba rutahizamu babiri aribo umunya Mali, Keffa Tangara, n`umunya Cameroon Moussa Limane. Basinyiye rimwe n`umunya Kenya Japhet Mzungu, n`umunyarwanda Rushema Chris wavuye muri Rayon Sport.

Mu itangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa kane tariki 2 Nyakanga 2026, ikipe ya Police FC yatangaje ko yungutse abakinnyi bashya batanu baje kongera imbaraga muri iyi kipe y`igipolisi cy`uRwanda.
Muri abo, harimo rutahizamu w`umunya Cameroon, Moussa Limane, waturutse mu ikipe ya Asante Kotoko yo muri Ghana. Uyu mukinnyi w`imyaka 24 y`amavuko yasinye amasezerano y`imyaka ibiri muri Police FC, aho aje kongera imbaraga mu busatirizi bwayo, nyuma yuko ubuyobozi bw`iyi kipe butanyuzwe n`umusaruro w`abakinnyi nka Ani Elijah mu mwaka ushize.
Undi rutahizamu mushya wasinyiye Police FC ni umunya Mali, Tangara Keffa, waje aturutse mu ikipe ya Djoliba y`iwabo muri Mali. Uyu musore w`imyaka 24 y`amavuko nawe agiye gukinira Police FC mu myaka ibiri imbere. Ni umukinnyi usanzwe amenyereye amarushanwa, dore ko yakinye amarushanwa ya CAF Confederation Cup muri Djoliba.
Mu gice cy`abakina hagati, ikipe ya Police FC yongeyemo umunya Kenya, Japhet Mzungu, wasinye amasezerano y`imyaka itatu, avuye muri Sofapaka y`iwabo. Mzungu ni umukinnyi wo hagati ufasha ba rutahizamu, waguzwe kugira ngo afashe ba rutahizamu ba Police FC kubona imipira ivamo ibitego.
Ikipe ya Police FC yanasinyishije ba myugariro babiri barimo ukina mu mutima w`ubwugarizi n`undi ukina inyuma ku ruhande rw`ibumoso.
Ukina mu mutima w`ubwugarizi ni Rushema Chris waturutse muri Rayon Sport. Mu mwaka w`imikino ushize, uyu munyarwanda ntabwo yabonye umwanya wo gukina uhagije muri Rayon Sport. Gusa mu mikino yabashije gukina yagaragaje ubuhanga, nubwo bitamworoheye kurwanira umwanya n` abakinnyi b`inararibonye nka Emery Bayisenge, Tchimanga na Youssou Ndiagne.
Undi myugariro wasinye muri Police FC ni Iddrisu Shaibu, ukina inyuma ku ruhande rw`ibumoso, wavuye muri Sofapaka yo muri Kenya. Yashyize umukono ku masezerano y`imyaka ibiri muri Police FC. Iddrisu Shaibu aje gusimbura Ishimwe Christian werekeje muri APR FC, nubwo agomba guhanganira umwanya na Jean de Dieu Udahemuka wavuye muri Gasogi United.
Ikipe ya Police FC yasinyishije aba bakinnyi batanu kugira ngo bazayifashe kugaruka mu ruhando rw`amakipe asohokera igihugu. Mu mwaka w`imikino ushize, ikipe ya Police FC yasoje shampiyona iri ku mwanya wa gatandatu, ibintu bitashimishije ubuyobozi bw`iyi kipe, bigatuma isezerera bamwe mu bakinnyi bayo, igahagarika n` umutoza mukuru Ben Moussa.