



Kapiteni wa Argentina Lionel Messi yafashije ikipe ye y’igihugu kurenga amatsinda nyuma yo gutsinda ibitego bibiri mu mukino batsinzemo Autriche, anakomeza kuba umukinnyi uyoboye abafite ibitego byinshi.

Ishyirahamwe ry`umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), ryahagaritse abakinnyi, Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo, mu bikorwa bya Basketball mu gihe cy`umwaka wose nyuma yuko banze kwitabira ubutumire bw`ikipe y`igihugu.

Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana n`abakinnyi bayo babiri aribo Ruboneka Bosco utarumvikanye nayo kuri gahunda yo kongera amasezerano, inarekura Mugisha Gilbert utakiri muri gahunda zayo.


Ikipe ya Rayon Sport yamenyeshejwe n’impuzamashyirahamwe y`umupira w`amaguru muri Afurika (CAF), ko itemerewe kwitabira imikino ya CAF Confederation Cup, mu gihe itarishyura Souleymane Daffé wayikiniye n`umutoza Afahmia Lotfi.

Ikipe ya APR FC yongeye amasezerano y`umwaka umwe umutoza wayo,Taleb Abderrahim. Aya masezerano ashobora kuzongerwa mu gihe yatanga umusaruro mwiza.

