Rutahizamu w`umunyarwanda, Noam Emeran, wakiniraga ikipe ya FC Groningen yo mu cyiciro cya mbere mu Buholandi, yatandukanye nayo nyuma yo gusesa amasezerano yari asigaje muri iyo kipe.

Iyi kipe ibarizwa mu mujyi wa Groningen mu Buhollandi, ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yatangaje ko itazakomezanya n’uyu mukinnyi usatira aca ku ruhande.
Yagize iti: “FC Groningen yumvikanye na Noam Emeran ku gusesa amasezerano. Noam, warakoze ku musanzu wawe watanze mu ikipe, kandi tukwifurije amahirwe mu rugendo rwawe.”
Emeran yari amaze imyaka itatu muri iyi kipe. Yayigezemo mu 2023 avuye muri Manchester United, aho yakiniraga ikipe yayo y’abakiri bato. Kuva yagera muri iyi kipe,ntabwo yigeze agirira ibihe byiza muri iyi kipe, dore ko igihe kinini yakimaze yugarijwe n`imvune, hakiyongeraho ko akenshi yagiye atizwa mu yandi makipe.
Ikipe aheruka gutizwamo ni FC Emmen yo mu Cyiciro cya Kabiri mu Buholandi, gusa akaba ashobora gukomezanya na yo, akayisiyira nk’umukinnyi wayo.
Muri Gicurasi 2026, ni bwo bwa mbere Noam Emeran, w’imyaka 23, yahamagawe mu ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, agaragaza ko atewe ishema no gukinira igihugu cye, ndetse yiteguye kugifasha no mu mikino yo gushaka itike yo gukina igikombe cya Afurika cya 2027.