
Ikipe y’igihugu ya Espagne yisubije umwanya wa mbere ku rutonde ngarukakwezi rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), nyuma yo kwegukana igikombe cy’Isi cya 2026. U Rwanda rwagumye ku mwanya wa 128.


Perezida wa Amerika n'uwa Iran bashyize umukono ku masezerano y’ibanze agamije kurangiza intambara. Perezida wa Amerika, Donald Trump, yashyiriye umukono kuri ayo masezerano mu Bufaransa aho yari mu nama ya G7, mu gihe mugenzi we wa Iran, Masoud Pezeshkian, yasinye ayo masezerano y’ibanze kuri uyu wa Gatatu, nk’uko byemejwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu.

Ikipe ya APR FC iri mu nzira zo gutandukana n`abakinnyi bayo babiri, Ruboneka Bosco na Yunussu Nshimiyimana, bitewe no kutumvikana kubyo bahabwa kugira ngo bongere amasezerano.


Myugariro Ishimwe Christian, wakiniraga ikipe ya Police FC, yerekeje muri APR FC, aho yasinye amasezerano y`imyaka 2.


Perezida w`ishyirahamwe ry`umupira w`amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yagaragaje ko mu gihe ikipe y`igihugu y`uRwanda yatsinda Cap Vert mu majonjora y`igikombe cy`Afurika, yaba igaragaje ubushobozi bwo kujya mu gikombe cy`isi.

Ikipe ya Gicumbi FC igiye guha andi amasezerano y`umwaka umwe umutoza wayo Bisengimana Justin nyuma yuko ayifashije iyi kipe kuguma mu cyiciro cya mbere muri uu mwaka.

Umutoza w’Ikipe y’igihugu y`uRwanda ‘Amavubi’, Stephen Constantine, yavuze ko uRwanda rwiteguye gutsinda imikino izakinirwa i Kigali n’ubwo uRwanda rwisanze mu itsinda rikomeye mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2027 (CAN 2027).