
Umutoza w’Ikipe y’igihugu y`uRwanda ‘Amavubi’, Stephen Constantine, yavuze ko uRwanda rwiteguye gutsinda imikino izakinirwa i Kigali n’ubwo uRwanda rwisanze mu itsinda rikomeye mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2027 (CAN 2027).
Ibi umutoza wa Amavubi yabitangaje nyuma y’uko hamenyekanye itsinda uRwanda rurimo mu majonjora y`igikombe cya Afurika cya 2027, kuko ruri mu itsinda K, aho ‘Amavubi’ agomba guhangana n’amakipe ya Mali, Cape Vert na Liberia.
Umutoza w`ikipe y`igihugu y’uRwanda Stephen Constantine yavuze ko uRwanda ruzitwara neza kubera ko bizeye gutsinda imikino izabera mu rugo i Kigali.
Yagize ati: “Ntekereza ko twisanze mu itsinda rikomeye. Twatomboye amakipe abiri ari muri 15 meza, ari yo Cap-Vert na Mali, ndetse na Liberia izaba ari ikipe itoroshye. Gusa icyo wamenya, tuzatsinda imikino yacu yo mu rugo, ubundi dutegereze ibizaba mu mikino yo hanze.”
Abajijwe ku cyizere cyo kubona u Rwanda rwongera kubona itike yo kujya mu gikombe cy`Afrika (CAN), umutoza Constantine, yavuze ko icyizere gihari akurikije uko abakinnyi be bitwaye mu mikino ya FIFA Series yabereye mu Rwanda aho Amavubi yegukanye igikombe.
Akazi gakomeye ku ikipe y’u Rwanda
Amakipe ya Mali na Cape Vert yitezweho guha akazi gakomeye ikipe y’u Rwanda.
Ku rutonde ngarukakwezi rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi Fifa, u Rwanda ruri ku mwanya wa 128, Cap Vert iri ku mwanya wa 69, naho Mali ni iya 52.
Ikipe y’igihugu ya Mali imaze kwitabira imikino y`igikombe cya Afurika CAN inshuro 14, muri zo ikipe y’igihugu ya Mali yabashije kugera ku mukino wa nyuma inshuro imwe, hari mu 1972.
Kuva mu mwaka wa 2008, ikipe ya Mali ntirasiba na rimwe mu gikombe cya Afurika cy’amakipe y’ibihugu.
Kuri ubu, ikipe y’igihugu ya Mali yubakiye ku bakinnyi bakina mu ma shampiyona akomeye yo ku mugabane w’uBurayi nko mu Bwongereza, mu Budage no mu Bufaransa.
Abo bakinnyi ni nka kapiteni wabo Yves Bissouma ukina mu ikipe ya Tottenham yo mu Bwongereza na Lassine Sinayoko ukina muri AJ Auxerre yo mu Bufaransa.
Indi kipe ikomeye ‘Amavubi’ agomba guhangana nayo ni ikipe y`igihugu ya Cape Vert yamaze no kubona itike yo kuzitabira imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi cyo muri uyu mwaka.
Ikipe ya Cape Vert imaze kubona itike yo kwitabira imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika inshuro enye, mu gihe muri 2013 na 2023, Cape Vert yabashije kugera muri kimwe cya kane.
Mu rwego rwo kwitegura iyo mikino, ikipe y`igihugu y’u Rwanda izerekeza mu gihugu cya Maroc, aho bazakina imikino 2 ya gishuti. ‘Amavubi’ azakina na Tanzania n’ibirwa bya Comores. Iyo mikino ikaba ikaba iteganyijwe mu kwezi gutaha.
Muri iyi mikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2027 (CAN 2027), amakipe abiri ya mbere muri buri tsinda niyo azabona itike yo kujya mu gikombe cya Afurika.
Ikipe y`igihugu y’uRwanda ‘Amavubi’ yaherukaga mu gikombe cya Afurika gihuza amakipe y’ibihugu (CAN) mu mwaka wa 2004.
Kayitankore Dieudonné