Ikipe y’u Rwanda y’abagore muri Volleyball yakomeje kwandika amateka mu Gikombe cya Afurika kiri kubera i Nairobi muri Kenya, nyuma yo kugera muri ½ itsinze Ghana.

Ibi,ikipe y`uRwanda ibigezeho nyuma yo kwegukana intsinzi y`amaseti 3 kuri 1 ya Ghana mu mukino wa 1/4 yakinye kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 1 Nzeri 2026.
Ikipe y’igihugu yatsinze iseti ya mbere ku manota 25-17, inayobora iya kabiri ariko bigeze mu minota ya nyuma Ghana irayigaranzura inayitsinda ku manota 26-24.
Abanyarwandakazi bongeye gutangira nabi mu iseti ya gatatu, babanza kurushwa amanota umunani, ariko baza gusubira mu mukino batsinda iyi seti ku manota 25-19.
Iseti ya nyuma ntiyagoye cyane u Rwanda nk’uko byagenze kuri ebyiri zayibanjirije kuko yo yayiyoboye kuva itangiye, iyitsinda ku manota 25-18.
Nyuma y’iyi ntsinzi, ikipe y’u Rwanda izakina umukino wa ½ n’ikipe ikomeza hagati ya Misiri na Tunisia.
Ghana yabaye ikipe ya mbere ibashije gutsinda iseti ku Rwanda dore ko abakobwa b’umutoza Frédéric Guérin batsinze imikino ine yabanje ku maseti 3-0.
U Rwanda rwari kumwe na Algeria, u Burundi na Repubulika Demokarasi ya Congo mu itsinda D, rwaherukaga gusezerera Burkina Faso muri 1/8.
Kugera muri ½ cy’iri rushanwa riri kubera muri Kenya ni indi ntambwe ku ikipe y’igihugu y’abagore yaherukaga kwegukana umwanya wa kane inyuma ya Misiri, Kenya na Cameroun, ubwo igikombe cya Afurika cyari cyabereye i Yaoundé mu 2023.