Ikipe ya Kiyovu Sport iteganya gukina imikino 2 ya gishuti n`amakipe ya Azam FC yo muri Tanzaniya na Mathare United yo muri Kenya, mu rwego rwo kwitegura Super Cup n` umwaka w`imikino utaha.
Ubuyobozi bw`ikipe ya Kiyovu Sports, butangaza ikipe yabo ishaka kwitegura neza imikino ya Super Cup izatangira kuri tariki 22 kanama 2026. Ni muri urwo rwego bari gutegura imikino ibiri ya gishuti n`amakipe yo hanze ariyo Azam FC yo muri Tanzania na Mathare United yo muri Kenya.
Kiyovu Sports yagiranye ibiganiro n`ikipe ya Azam FC imaze iminsi mu Rwanda, aho baje mu mwiherero bitegura umwaka w`imikino utaha. Iyi kipe irateganya gukina umikino ya gishuti hano mu Rwanda, harimo uwo bateganya gukina na Kiyovu Sports n`undi bashobora gukina na APR FC.
Ikipe ya Mathare United yo muri Kenya, yo iri mu nzira iza mu Rwanda, aho nayo ije mu mwiherero izatangira kuri tariki 12 kanama 2026 i Kigali. Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports, butangaza ko bari gukora ibishoboka kugira ngo uwo mukino ube, mu rwego rwo gusuzuma neza urwego abakinnyi babo bagezeho, mbere yo kwinjira mu mikino ya Super Cup.
Kiyovu Sports imaze ibyumweru bibiri mu myitozo. Gusa imyitozo muri iki cyumweru niyo izakorwa abakinnyi bose bahari, dore ko abakinnyi bose, harimo n`abashya bari bagiye mu biruhuko hanze y`igihugu bageze mu Rwanda, uretse umunyezamu James Desiré Bienvenu Jaoyang uri mu nzira.
Mu mwaka w`imikino wa 2025-2026, Kiyovu Sports yasoje shampiyona iri ku mwanya wa 3 mu makipe yo mu Rwanda, ukaba uwa 5 ushyizemo n`amakipe 2 yo muri Sudani yongewe muri shampiyona y`u Rwanda.
Mu mwaka wa 2026-2027, Kiyovu Sports ifite intego yo gutwara kimwe mu bikombe bikinirwa hano mu Rwanda no gusohokera igihugu mu marushanwa nyafurika ategurwa na CAF.