Umutoza mushya w`ikipe ya Kiyovu Sports, umwongereza Marc Harrisom, aratangira imirimo ye kuri uyu wa gatatu tariki 12 kanama 2026, aho agomba gutegura imikino ya Super Cup na shampiyona y`umwaka wa 2026-2027.

Marc Harrison yageze mu Rwanda kuri uyu wa 2 tariki 10 Kanama 2026, nyuma y`iminsi asoje ibiganiro na Kiyovu Sports yari imaze iminsi nta mutoza mukuru ifite nyuma yo gutandukana na Haringingo Francis werekeje muri Rayon Sports.
Marc Harrison niwe ugiye kuramutswa iyi kipe yo ku Mumena mu mwaka w`imikino wa 2026-2027. Uyu mwongereza agomba gutangira akazi ke kuri uyu wa gatatu tariki 12 Kanama 2026 mu rwego rwo gutegura ikipe izakina irushanwa rya Super Cup rizatangira kuri tariki 22 kanama 2026.
Marc Harrison azungirizwa na Rubangura Omar, wavuye muri Rutsiro FC na Sebarera Ayubu wari warasigaranye Kiyovu Sports nk’umutoza w’agateganyo, ari na we wasoje umwaka w’imikino wa 2025-2026. Kiyovu kandi yongereye amasezerano y’imyaka ibiri umutoza w’abanyezamu, Nduwimana Pascal.
Umutoza mushya wa Kiyovu Sports, Marc Harrison, ni umutoza umenyereye umugabane wa Afurika, dore ko yatoje amakipe atandukanye muri Afurika, yingajemo ayo muri Afurika y`Efpo ariyo Chippa United, Golden Arrows, Caps United, Black Leopards, Fortune FC na Mpumalanga Black Aces.
Uretse muri Afurika y`Efpo, Marc Harrison yanatoje ikipe ya Gormahia yo muri Kenya. Muri Zimbabwe,yatoje amakipe ya Harare City na Highlanders F.C, mu gihe muri Mauritaniya, yatoje Township Rollers, imwe mu makipe y`ibigugu muri icyo gihugu.
Ikipe yaherukaga gutoza muri Afurika ni US Songo yo muri Mozambique yamazemo umwaka umwe.
Uretse ku mugabane wa Afurika, uyu mwongereza yatoje ikipe y`igihugu ya Bangladesh mu mwaka wa 2014.
Uyu mwongereza yakoze indi mirimo harimo no kuba umuyobozi wa tekinike mu makipe nka Mighty Wanderers FC yo muri Malawi, Harare City yo muri Zimbabwe na Baroka yo muri Afurika y`epfo.
Umutoza mushya wa Kiyovu Sports, asanze iyi kipe yarongereye amasezerano y`abakinnyi nka Mugisha Joseph Rama, Sharif Bayo, Bukuru Cristophe na Moïse Sandja Bulaya. Mu bakinnyi bashya baguzwe harimo Richard Kirongozi wavuye muri Police FC, Kambanda Emmanuel waturutse muri Amagaju FC , Hamis Hakim wa Gasogi United, na LoLa Kanda Moïse wakiniraga Gicumbi FC.
Mu mwaka w`imikino wa 2025-2026, Kiyovu Sports yasoje shampiyona iri ku mwanya wa 3 mu makipe yo mu Rwanda, ukaba uwa 5 ushyizemo n`amakipe 2 yo muri Sudani yongewe muri shampiyona y`u Rwanda.
Mu mwaka wa 2026-2027, Kiyovu Sports ifite intego yo gutwara kimwe mu bikombe bikinirwa hano mu Rwanda no gusohokera igihugu mu marushanwa nyafurika ategurwa na CAF.