Ikipe ya APR FC yatsinze Mathare United yo muri Kenya igitego kimwe ku busa mu mukino wa gicuti, mu gihe itegereje igisubizo cya FERWAFA nyuma yo kuyandikira bayisaba gukina umukino umwe gusa muri Super Cup.
Uyu mukino wabereye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki 12 Kanama 2026, kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo . Wari umukino wa gatatu wa gicuti APR FC yakinnye nyuma yo kuva muri CECAFA Kagame Cup 2026 itarenze amatsinda.
Mu minota ya mbere, umukino wagenda gake amakipe yombi yigana ariko APR FC irarira cyane kuko mu minota 30 yari imaze gusifurwa kurarira inshuro icyenda.
Nyuma yo gukomeza gusatira cyane, ikipe ya APR yaje kubona igitego ku munota wa 37, aho Byiringiro Jean Gilbert uzwi nka Kagege, yazamukanye umupira acenga yihuta, awuhindura imbere y’izamu ugendera hasi, ugera kuri rutahizamu Djibril Ouattara wahise afungura amazamu (1-0).
Ikipe ya APR FC yakomeje gusatira ariko ikagenda ihusha uburyo bwinshi bwabazwemo ibitego. Umunya Cote d`Ivoire, William Togui, yahushije uburyo bw’igitego bukomeye ku mupira wahinduwe na Ishimwe Christian, uyu rutahizamu akinnye n’umutwe umupira ujya hejuru gato y’izamu.
Umukino waje kurangira ikipe ya APR FC itsinze Mathare United yo muri Kenya igitego kimwe ku busa. Iyi ntsinzi ije ikurikira umukino wa gishuti banganyijemo na Etincellles ku gitego kimwe kuri kimwe, mu mukino wa gicuti wabereye i Rubavu kuri Stade Umuganda.
Uyu mukino wahuje APR FC na Mathare United, ubaye mu gihe ikipe ya APR FC itegereje igisubizo cya FERWAFA, nyuma yuko iyi kipe y`ingabo z`igihugu, imenyesheje ishyirahamwe ry`umupira w`amaguru mu Rwanda ko ititeguye gukina imikino 2 ya Super Cup, aho bo biteguye umukino umwe gusa nkuko byari bisanzwe.
APR FC ivuga ko izo mpinduka muri Super Cup zakozwe na FERWAFA itabiganiriyeho n` amakipe bireba. Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA, Bonnie Mugabe,yavuze ko bagiye gusuzuma ubusabe bwa APR FC, nyuma bakazatanga igisubizo.