

Bisengimana Justin, watozaga ikipe ya Gicumbi FC, yerekeje muri AS Kigali, aho yasinye amasezerano y'umwaka umwe nk'umutoza mukuru.




Umunyarwandakazi Mukansanga Salima, yatoranyijwe mu basifuzi 68 bazasifura igikombe cy'isi cy'abakobwa batarengeje imyaka 20 kizabera muri Pologne.
Rutahizamu Uwiyaremye Fidali, wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports, yerekeje muri APR FC, aho yasinye amasezerano y'imyaka ibiri.

Umukinnyi mpuzamahanga w’umunyarwanda ukina hagati asatira izamu, Niyo David, yavuze ko yiteguye gutera indi ntambwe mu rugendo rwe rwa ruhago nyuma yo kwinjira mu ikipe ya NK Veres Rivne ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Ukraine.

Perezida w`ishyirahamwe ry`umupira w`amaguru (FIFA), Gianni Infantino, yavuze ko icyemezo cyo gushyiraho umwanya wo kunywa amazi hagati mu mikino y’igikombe cy’isi cya 2026 kigamije kurinda ubuzima bw’abakinnyi no kubafasha gukomeza kwitwara neza, ahakana ko hari inyungu z’ubucuruzi zibyihishe inyuma.

