Umunyarwandakazi Mukansanga Salima, yatoranyijwe mu basifuzi 68 bazasifura igikombe cy'isi cy'abakobwa batarengeje imyaka 20 kizabera muri Pologne.

Mukansanga Salima azaba ari mu basifuzi bakoresha ikoranabuhanga ry'amashusho ryunganira umusifuzi ( VAR).
Nkuko byatangajwe n'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku isi ( FIFA), Mukansanga Salima yabaye umwe mu basifuzi 68 bafite amanota meza, ari nabo bazifashishwa mu gikomobe cy'isi cy'abatarengeje imyaka 20, kizabera muri Pologne, guhera kuri tariki 5 kugeza kuri 27 nzeri 2026.
Muri icyo gikombe, Mukansanga Salima azaba ari mu basifuzi bakoresha VAR nyuma yo kubona amanota meza muri izo nshingano. Uyu munyarwandazi ni umwe mu basifuzi 14 barimo 10 b'abagore bazakoresha VAR mu mikino 52 y'icyo gikombe cy'isi, kizitabirwa n'ibihugu 24.
Mukansanga Salima agiye gusifura igikombe cy'isi cy'abagore kuri VAR, nyuma yo gusifura igikombe cya Afrurika cy'abagore cyabaye mu mwaka wa 2025. Icyo gihe, Mukansanga yari amaze gusezera mu mwuga wo gusifura hagati mu kibuga, ari nabwo yatangiye amahugurwa ya VAR ( Video Assistant Referee).
Mukansanga Salima yatangiye kuba umusifuzi mpuzamahanga mu mwaka wa 2012. Mu mwaka wa 2022, yabaye umugore wa mbere usifuye igikombe cya Afurika nk'umusifuzi wo hagati mu kibuga. Uyu munyarwandakazi yanatoranywijwe mu basifuye igikombe cy'isi cyabereye muri Quatar, aho yari umusifuzi wa kane.