
Perezida w`ishyirahamwe ry`umupira w`amaguru (FIFA), Gianni Infantino, yavuze ko icyemezo cyo gushyiraho umwanya wo kunywa amazi hagati mu mikino y’igikombe cy’isi cya 2026 kigamije kurinda ubuzima bw’abakinnyi no kubafasha gukomeza kwitwara neza, ahakana ko hari inyungu z’ubucuruzi zibyihishe inyuma.

Ikipe ya Rayon Sport yasinyishije rutahizamu w`umunya-Togo, Antonio Atisso Kodjo, amasezerano y`imyaka ibiri, kugira ngo aze kongera imbaraga mu busatitirizi , nyuma yo kurangiza ariwe utsinze ibitego byinshi muri champiyona ya Bénin.

Rutahizamu w'ikipe y'Igihugu ya Argentine, Julián Álvarez, yatangaje ko yifuza gutandukana na Atlético Madrid, avuga ko ashaka "gusohoza inzozi ze" mu rugendo rw'ubuzima bwe bw'umupira w'amaguru.

Kapiteni wa Argentina Lionel Messi yafashije ikipe ye y’igihugu kurenga amatsinda nyuma yo gutsinda ibitego bibiri mu mukino batsinzemo Autriche, anakomeza kuba umukinnyi uyoboye abafite ibitego byinshi.

Ishyirahamwe ry`umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), ryahagaritse abakinnyi, Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo, mu bikorwa bya Basketball mu gihe cy`umwaka wose nyuma yuko banze kwitabira ubutumire bw`ikipe y`igihugu.

Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana n`abakinnyi bayo babiri aribo Ruboneka Bosco utarumvikanye nayo kuri gahunda yo kongera amasezerano, inarekura Mugisha Gilbert utakiri muri gahunda zayo.

Ikipe ya Rayon Sport yamenyeshejwe n’impuzamashyirahamwe y`umupira w`amaguru muri Afurika (CAF), ko itemerewe kwitabira imikino ya CAF Confederation Cup, mu gihe itarishyura Souleymane Daffé wayikiniye n`umutoza Afahmia Lotfi.

Ikipe ya APR FC yongeye amasezerano y`umwaka umwe umutoza wayo,Taleb Abderrahim. Aya masezerano ashobora kuzongerwa mu gihe yatanga umusaruro mwiza.
Ikipe ya APR FC iri mu nzira zo gutandukana n`abakinnyi bayo babiri, Ruboneka Bosco na Yunussu Nshimiyimana, bitewe no kutumvikana kubyo bahabwa kugira ngo bongere amasezerano.

Myugariro Ishimwe Christian, wakiniraga ikipe ya Police FC, yerekeje muri APR FC, aho yasinye amasezerano y`imyaka 2.