
Umukinnyi wo hagati, Hamiss Hakim, wakiniraga ikipe ya Gasogi United, yerekeje mu ikipe ya Kiyovu Sport, aho yasinye amasezerano y`imyaka ibiri, kugira ngo asimbure Niyo David werekeje ku mugabane w`uburayi.

Uwineza René na Fidali Uwiyaremye, bakiniraga ikipe ya Kiyovu Sport, bazakinira ikipe ya APR FC mu mwaka w`imikino utaha.
Ikipe ya Kiyovu Sport yatangaje ko yagaruye rutahizamu w`umurundi Richard Kirongozi wakiniraga Police FC, asinya amasezerano y`imyaka ibiri.

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball, Yves Murenzi, yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakinnyi 16 bazitegura imikino y’ijonjora rya gatatu y’Igikombe cy’Isi cya FIBA 2027 mu karere ka Afurika, riteganyijwe kuva tariki ya 2 kugeza ku ya 5 Nyakanga 2026 muri Angola.

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Budage bakoze igikorwa kigamije gufata gufasha abafana babo kuzagera kuri stade bazakiniraho umukino wa nyuma w’amatsinda mu Gikombe cy’Isi cya 2026, bahitamo kuzabatangira amafaranga.

Umukinnyi wo hagati ukomoka mu Burundi, Henry Msanga, uheruka gutandukana na Police FC nyuma yo gusoza amasezerano yari afitanye na yo, yaciye amarenga agaragaza ko ashobora kuba yamaze kumvikana na Rayon Sports mbere y'uko hatangazwa amakuru ku mugaragaro.

Umutoza w'Amagaju FC, Hammadi Sghir, ari mu bo amakipe ya Police FC na Kiyovu Sports yifuza kwifashisha mu rwego rwo gutegura umwaka utaha w'imikino wa 2026-27.

Umutoza w` ikipe ya Police FC, Abdesatar Ben Moussa, yatangaje ko agiye kurega ikipe ye nyuma yuko imuhagaritse mu buryo avuga ko butubahirije uburenganzira bwe nk`umutoza wari ugifite amasezerano.

