
Ikipe ya Mukura VS yakiriye Umunya-Serbia Momcilo Medic nk’umutoza mushya uzayiyobora mu mwaka w`imikino wa 2026-2027, nyuma yo gutandukana na Nshimiyimana Canisius.
Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, yatangaje ko ubu intego isigaye ari ugusoza neza amarushanwa ya CECAFA Kagame Cup 2026, aho yiyemeje gukora ibishoboka byose kugira ngo afashe ikipe ye kongera gutwara iki gikombe baheruka mu 1998.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yashimiye ikipe ya Rayon Sport ayisabira gukomereza ku muvuduko ifite, avuga ko intego imwe rukumbi isigaye ari ukwegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup.

Umunya-Uganda, Denis Omedi, uheruka gutandukana na APR FC akerekeza muri Gor Mahia, ntabwo ari mu bakinnyi iyi kipe izifashisha mu mukino wa kimwe cya kabiri cya CECAFA Kagame iri kubera i Kigali kuko yari yarandikishijwe na APR FC yo mu Rwanda.
Umutoza w`ikipe ya Rayon Sport, Haringingo Christian Francis, avuga ko azi neza ko agiye gukina n`ikipe ya Jamus SC yahindutse cyane kandi yarushijeho gukomera, nyuma y`umukino wa gishuti bakinye mbere ya CECAFA Kagame Cup.Avuga ko ari umukino bateguranye imbaraga nyinshi.

Umutoza mukuru w`ikipe ya Rayon Sports y`abagore (Rayon Sports WFC), Claude Rwaka, yavuze ko intego y'ikipe ye ari ukurushaho kurenga ku musaruro yagezeho umwaka ushize no kubona itike yo gukina CAF Women's Champions League, nyuma y'uko hamenyekanye amakipe bazahura mu mikino yo gushaka itike y`ikipe izahagararira akarere ka CECAFA mu 2026.

Umukinnyi wo hagati w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda "Amavubi ", Mugisha Bonheur, yateye indi tambwe mu rugendo rwe mu mupira w`amaguru, nyuma yo gusinyira ikipe ya Al-Hazem Saudi Club, ikina muri mu cyicaro cya mbere muri Arabiya Saoudite (Saudi Pro League) , imwe muri shampiyona zikomeye ku isi, ikinamo ibyamamare nka Cristiano Ronaldo.

Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatumiye amakipe ane ya mbere muri shampiyona y`umwaka wa 2025-2026, mu irushanwa rya Super Cup rya 2026. Kiyovu Sport na Police FC ziyongeye kuri APR FC na Rayon Sport muri iyi mikino izatangira mu mpera za Kanama 2026.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), ryisobanuye ku cyifuzo cyaryo cyo gushyiraho ikigo kizaba gishinzwe ubucuruzi no gutegura ibikorwa byaryo birimo amarushana y’igikombe cy’isi, rivuga ko bakiri muri gahunda yo kwakira ibitekerezo by`abanyamuryango.

Marc Harrison, niwe mutoza mushya w`ikipe ya Kiyovu Sports mu mwaka w`imikino utaha. Uyu mwongereza azatangira imirimo ye tariki 3 Kanama, aho azungirizwa n`umutoza uzava mu gihugu cy`uBurundi.