Marc Harrison, niwe mutoza mushya w`ikipe ya Kiyovu Sports mu mwaka w`imikino utaha. Uyu mwongereza azatangira imirimo ye tariki 3 Kanama, aho azungirizwa n`umutoza uzava mu gihugu cy`uBurundi.

Aya makuru yamenyekanye kuri uyu wa 4 tariki 30 Nyakanga 2026, mu gihe benshi mu bakunzi ba Kiyovu Sports, bari bamaze iminsi bibaza umutoza uzahabwa ikipe yabo nyuma yo gutandukana na Haringingo Christian Francis wagiye muri Rayon Sports.
Amakuru aturuka muri Kiyovu Sports, avuga ko umwongereza Marc Harrison, ariwe uzayobora ikipe ya Kiyovu Sports nk`umutoza mukuru. Biteganyijwe ko uyu mugabo w`imyaka 65 y`amavuko, azagera mu Rwanda kuri Tariki 2 Kanama 2026, akazayobora imyitozo ye ya mbere kuri tariki eshatu.
Marc Harrison ni umutoza umenyereye umugabane wa Afurika, dore ko yatoje amakipe atandukanye muri Afurika yingajemo ayo muri Afurika y`Efpo ariyo Chippa United, Golden Arrows, Caps United, Black Leopards, Fortune FC na Mpumalanga Black Aces.
Uretse muri Afurika y`Efpo, Marc Harrison yanatoje ikipe ya Gormahia yo muri Kenya. Muri Zimbabwe,yatoje amakipe ya Harare City na Highlanders F.C, mu gihe muri Mauritaniya, yatoje Township Rollers, imwe mu makipe y`ibigugu muri icyo gihugu.
Ikipe yaherukaga gutoza muri Afurika ni US Songo yo muri Mozambique yamazemo umwaka umwe.
Uretse ku mugabane wa Afurika, uyu mwongereza yatoje ikipe y`igihugu ya Bangladesh mu mwaka wa 2014.
Uyu mwongereza yakoze indi mirimo harimo no kuba umuyobozi wa tekinike mu makipe nka Mighty Wanderers FC yo muri Malawi, Harare City yo muri Zimbabwe na Baroka yo muri Afurika y`epfo.
Muri Kiyovu Sports, biteganyijwe umutoza mukuru Marc Harrison, azungirizwa n`umutoza uzava i Burundi, utaratangazwa n`ubuyobozi bwa Kiyovu Sports.Gusa amakuru avuga ko ibiganiro hagati y`uyu mutoza na Kiyovu Sports bigeze kure.
Biteganyijwe ko ikipe ya Kiyovu Sport izatangira imyitozo kuri tariki ya mbere Kanama 2026.
Ikipe ya Kiyovu Sport yasoje shampiyona y`umwaka wa 2025-2026 iri ku mwanya 3 mu makipe yo mu Rwanda, ukaba uwa gatanu muri rusange. Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwemeza ko ikipe yabo yageze ku ntego bari bihaye mu mwaka ushize, yo kurangiza mu makipe ane ya mbere mu yo mu Rwanda.
Umutoza mushya, Marc Harrison yitezweho gufasha Kiyovu Sports gutwara kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda aribyo shampiyona ( BK Pro Leagie) n`igikombe cy`amahoro ( Peace Cup) mu mwaka w`imikino wa 2026-2027.