Umukinnyi wo hagati w'ikipe y'igihugu y'u Rwanda "Amavubi ", Mugisha Bonheur, yateye indi tambwe mu rugendo rwe mu mupira w`amaguru, nyuma yo gusinyira ikipe ya Al-Hazem Saudi Club, ikina muri mu cyicaro cya mbere muri Arabiya Saoudite (Saudi Pro League) , imwe muri shampiyona zikomeye ku isi, ikinamo ibyamamare nka Cristiano Ronaldo.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Kanama 2026, ni bwo Al-Hazem yemeje ku mugaragaro ko yamaze kugirana amasezerano n'uyu Munyarwanda, uzayifasha mu mwaka w'imikino wa 2026/27.
Mu butumwa iyi kipe yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo, iherekeje amashusho agaragaza ubuhanga bwa Mugisha Bonheur, yagize iti: "Bonheur Mugisha yatangiye urugendo rwo kwiyemeza muri byose."
Nyuma to gusinyira ikipe ya Al-Hazem Saudi Club,Mugisha Bonheur yateye intambwe ikomeye mu rugendo rwe nk`umukinnyi wabigize umwuga, dore ko Saudi Pro League ari imwe mu ma shampiyona akomeye ku isi, dore ko ikinamo abakinnyi b` ibyamamare na Cristiano Ronaldo, Sadio Mane, Kalidou Koulibaly na Karim Benzema.
Uyu mukinnyi w'imyaka 26 ageze muri Al-Hazem nyuma yo gutandukana na Al Masyr yo mu Misiri, yari amazemo umwaka umwe. Mbere yo kujya mu Misiri, yari yaranyuze muri Stade Tunisien yo muri Tunisia, aho yakomeje kwigaragaza nk'umwe mu bakinnyi beza bo hagati.
Urugendo rwa Mugisha Bonheur hanze y'u Rwanda rwatangiye mu 2023, ubwo yavaga muri APR FC akerekeza muri Al Ahli SC Tripoli yo muri Libya. Nyuma yaho yakiniye AS Marsa, mbere yo gukomereza muri Stade Tunisien ndetse na Al Masyr, aho yakuye ubunararibonye bwamufashije kugera muri shampiyona ya Saudi Arabia.
Mugisha Bonheur azajya yambara nimero 17 muri Al-Hazem. Kuri uyu wa mbere, Mugisha Bonheur yatangiye imyitozo mu ikipe ye nshya, aho ikipe ye iri gutegura shampiyona izatangira kuri tariki ya 13 Kanama 2026. Ki mukino wa mbere wa shampiyona,ikipe ya Al-Hazem izakina na Abha Club.