Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Francis Christian, yatangaje ko ubu intego isigaye ari ugusoza neza amarushanwa ya CECAFA Kagame Cup 2026, aho yiyemeje gukora ibishoboka byose kugira ngo afashe ikipe ye kongera gutwara iki gikombe baheruka mu 1998.
Uyu mutoza yabigarutseho nyuma y'uko Rayon Sports itsinze Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo ibitego 3-1 muri ½ cy'irangiza, ikabona itike yo gukina umukino wa nyuma. Iyi ntsinzi yabaye iya gatanu yikurikiranya Haringingo abonye mu mikino ahanganyemo n'amakipe atari ayo mu Rwanda.
Haringingo yavuze ko nubwo Jamus SC yari ikipe bafiteho amakuru ahagije, umukino utigeze uborohera kuko bahuye n' ikipe ukomeye yabasabaga kwitonda.
Yasobanuye ko mbere y'umukino bakoze akazi gakomeye ko gutegura abakinnyi, cyane cyane mu mutwe, ibintu yavuze ko byabafashije kwitwara neza no kugera ku ntsinzi yabahaye umwanya ku mukino wa nyuma.
Yagize ati “Jamus FC ni ikipe ikomeye cyane, ntekereza ko mu mikino yose twakinnye uyu mu mikino ariwo watugoye cyane. Icyo twakoze ni ukuganiriza abakinnyi tukabategura mu mutwe hanyuma tukagera ku mukino wa nyuma.”
Agaruka ku mukino wa nyuma bazahuramo na Gor Mahia yo muri Kenya, Haringingo yavuze ko ari ikipe ifite ubunararibonye muri ruhago yo mu karere, bityo ko biteguye guhatana n'imbaraga zose kugira ngo begukane igikombe.
Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo, yagaragaje ko nubwo Gor Mahia na Rayon Sports bifitanye umubano mwiza hanze y'ikibuga, uwo mubano uzasigara inyuma igihe umukino uzaba watangiye kuko buri ruhande ruzaba rushaka gutsinda. Yavuze ko amakipe yombi amaze imyaka myinshi adatwara CECAFA Kagame Cup, ibintu byerekana ko buri ruhande ruzinjira mu kibuga rufite inyota idasanzwe yo kongera kwandika amateka.
Yagize ati : “Gor Mahia ni ikipe nkuru kandi ni ikipe nziza, rero ni umukino uzaba ukomeye cyane. Ni abavandimwe na bo banyotewe iki gikombe kuko bamaze imyaka 41 batagitwara , mu gihe natwe tumaze imyaka 28.Urumva rero ko twese imyaka ari myinshi.”
“Ni umukino uzashimisha abantu kuko tuzakina neza n’imbaraga zose kugira ngo tubone igikombe. Turi kuba hamwe kuri hoteli na Gor Mahia, twabasabye kugera ku mukino wa nyuma kugira ngo tuzahure. Uzaba ari umukino w’ishiraniro ariko nanone uhuza amakipe y’inshuti. Turi inshuti ariko mu kibuga bizaba bitandukanye.”
Haringingo yavuze ko biteze umukino urimo ihangana rikomeye kandi ryiza ku bakunzi b'umupira w'amaguru, ashimangira ko we n'abakinnyi be bazatanga imbaraga zose kugira ngo Igikombe cya CECAFA Kagame Cup gisubire mu maboko ya Rayon Sports. Rayon Sports na Gor Mahia baherukaga guhura ku Munsi w'Igikundiro, umukino warangiye Gikundiro itsinze iyi kipe yo muri Kenya ibitego 2-0.
Ikipe ya Rayon Sports, iheruka kwegukana igikombe cya CECAFA mu mwaka w`1998 mu marushanwa yabereye muri Zanzibar, itsinze Mlandege FC ku mukino wa nyuma. Rayon Sports yahise iba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye CECAFA iyitwariye hanze y`uRwanda. Mu mwaka wa 2009, ikipe ya Atraco FC yabaye iya kabiri ikoze ayo mateka nyuma yo gutahukana icyo gikombe ikivanye muri Sudani, itsinze Al Merrikh SC.