Umutoza w`ikipe ya Rayon Sport, Haringingo Christian Francis, avuga ko azi neza ko agiye gukina n`ikipe ya Jamus SC yahindutse cyane kandi yarushijeho gukomera, nyuma y`umukino wa gishuti bakinye mbere ya CECAFA Kagame Cup.Avuga ko ari umukino bateguranye imbaraga nyinshi.
Ibi,Haringingo yabitangaje mu gihe bari gutegura umukino wa kimwe cya kabiri wa CECAFA Kagame Cup uzahuza Rayon Sport na Jamus SC yo muri Sudani y`Epfo kuri uyu wa kabiri tariki 4 Kanama 2026.
Umutoza wa Rayon Sports yatangaje ko ikipe ya Jamus SC yahindutse cyane nyuma y`umukino wa gishuti bakinye mbere y`iri rushanwa rya CECAFA, ari nayo mpamvu avuga ko uyu mukino bawuteguranye imbaraga.
Yagize ati : " Ikipe ya Jamus ubona ko yahindutse cyane nyuma y`umukino wa gishuti twakinye nayo, dore ko Jamus yahinduye hafi ya kimwe cya kabiri cy`abakinnyi bayo nyuma yo kongeramo abandi bakinnyi beza.Ntekereza ko uzaba ari umukino ukomeye."
"Iyi kipe yavuye mu itsinda ari iya mbere mu itsinda ririmo amakipe akomeye nka Simba yo muri Tanzania,kandi abantu ntabwo bari babyiteze.Natwe rero turabizi kandi ni umukino twateguranye imbaraga.Tugiye kureba ibisabwa byose kugira ngo tuyisezerere."
Umutoza Haringingo kandi, yavuze ko kuba ikipe ya Jamus SC irimo umkinnyi nka Muhire Kevin, uzi neza umupira wo mu Rwanda byumwihariko Rayon Sport yabereye kapiteni igihe kinini, bifite icyo bivuze kuri uyu mukino. Umutoza wa Rayon Sports yavuze ko biteguye gushaka ibikenewe byose kugira ngo bazegukane intsinzi muri uyu mukino wa kimwe cya kabiri.
Umukino wa kimwe cya kabiri wa CECAFA Kagame Cup, uzahuza Rayon Sports yo mu Rwanda na Jamus SC yo muri Sudani y`Epfo, uteganyjwe kuri uyu wa kabiri tariki 4 Kanama 2026 kuri Stade Pelé i Nyamirambo ku isaha ya sa moya z`umugoroba. Uzabanzirizwa n`undi mukino wa kimwe cya kabiri uzahuza Al Hilal yo muri Sudani na Gormahia yo muri Kenya uzakinwa sa cyenda z`amanwa.