Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatumiye amakipe ane ya mbere muri shampiyona y`umwaka wa 2025-2026, mu irushanwa rya Super Cup rya 2026. Kiyovu Sport na Police FC ziyongeye kuri APR FC na Rayon Sport muri iyi mikino izatangira mu mpera za Kanama 2026.

Nkuko byagaragaye mu butumire bwatanzwe na FERWAFA, irushanwa rya Super Cup ry`umwaka wa 2026, ryiyongeyeho andi makipe abiri bagendeye ku rutonde rwa shampiyona y`umwaka w`imikino wa 2025-2026.
Kuri ubu, imikino ya Super izitabirwa n`amakipe ane ya mbere muri shampiyona, mu gihe wari umukino umwe wahuzaga ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona n` iyatwaye igikombe cy`Amahoro.
Muri uyu mwaka, amakipe ane ya mbere mu mwaka w`imikino wa 2025-2026 niyo azakina iri rushanwa. Mu gihe hari hitezwe umukino wa Super Cup wari uhuza APR FC yatwaye shampiyona n`igikombe cy`amahoro na Rayon Sport yabaye iya 2, FERWAFA yahisemo kongeramo andi makipe 2 kugira ngo irushanwa rirushyeho gukomera no gucuruza.
Ayo makipe 2 yongeweho ni Kiyovu Sport yabaye iya 3 muri shampiyona y`umwaka ushize na Police FC yabaye iya kane.
Ikipe ya Kiyovu Sport itumiwe muri Super Cup itaratangira imyitozo. Biteganyijwe ko Kiyovu Sport izatangira imyitozo kuri tariki 3 Kanama, nyuma yo kubona umutoza mushya ariwe Marc Harrison ukomoka mu bwongereza. Cyakora, iri rushanwa rya Super Cup, rizatangira ikipe ya Kiyovu Sport imaze ibyumweru bitatu mu myitozo, rikazaba ari n`uburyo bwiza bwo gutegura shampiyona ya 2026-2027.
Ku rundi ruhande, ikipe ya Police FC yo yatangiye imyitozo nyuma yo kwerekana umutoza mushya n`abakinnyi bashya yongeyemo, nubwo nta mukino wa gishuti irakina. Police FC izaba itozwa n`umunya Maroc Rkyek Jaafar.
Biteganyijwe ko iri rushanwa rya Super Cup rizatangira kuri tariki 22 Kanama 2026 hakinwa imikino ya kimwe cya kabiri, izabera kuri Stade Amahoro i Remera. APR FC izakina na Kiyovu Sports, mu gihe Rayon Sport izakina na Police FC.
Umukino wa nyuma uteganyijwe kuri tariki 28 Kanama 2026, ukazahuza amakipe azegukana intsinzi mu mikino ya kimwe cya kabiri.
Mu mwaka ushize, Super Cup yegukanywe n`ikipe ya APR FC nyuma yo gutsinda Rayon Sports ibitego bine kuri kimwe.