
Kiyovu Sports yatangiye neza umwaka w’imikino wa 2026/27, yegukana igikombe cya FERWAFA Super Cup nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

Ikipe y’u Rwanda y’abagore ya Volleyball yatangiye neza igikombe cya afurika cya 2026, itsinda Algeria amaseti 3-0 mu mukino wa mbere wo mu Itsinda D muri iri rushanwa riri kubera i Nairobi muri Kenya.
Rutahizamu Mugisha Didier, uzwi nka " Taichi", wakiniraga Rayon Sports mu ntizanyo ya Police FC, yasinyiye ikipe ya Kiyovu Sports amasezerano y`imyaka ibiri, nyuma yo gusesa amasezerano ye na Police FC.

Myugariro w` umunye-Congo, Ramazani Tshimanga,ashobora kurega ikipe ya Rayon Sports mu ishyirahamwe ry` umupira w`amaguru mu Rwanda bitarenze kuri uyu wa gatatu, mu gihe yaramuka atishyuwe umushahara wa Kamena atahawe mbere yo gutandukana na Rayon Sports.

Ikipe y’igihugu ya Volleyball y’abagore yisanze mu Itsinda D hamwe na Algeria, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi mu Gikombe cya Afurika, CAVB Nations Championship 2026.

Umuvugizi wa Mukura VS, Gatera Edmond, yatangaje ko ikipe ye ari yo yonyine ifite ubushobozi bwo gutsinda Rayon Sports, igaharika umuvuduko w`iyi kipe avuga ko yigize akari aha kajyahe, mu gihe baramuka bahuriye muri Super Cup.

Umunya-Brazil Ronaldinho Gáucho yongeye kugaruka mu kibuga nyuma y’imyaka 11 asezeye ku mupira w’amaguru, nyuma yo gusinyira ikipe ya Ravenna FC, ikipe ikina mu cyiciro cya gatatu mu Butaliyani, Serie C.
Umutoza wa Rayon Sports, Harigingo Francis Christian, yatangaje ko nubwo APR FC yikuye mu irushanwa rya Super Cup 2026, bazahurira mu yandi marushanwa bagahangana.
Ishyirahamwe ry’imikino ya Volleyball muri Afurika (CAVB), ryemeje ko irushanwa ry’igikombe cya Afurika ryari kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryimurirwa muri Tunisia bitewe n`icyorezo cya Ebola.

Ikipe y’igihugu ya Cap-Vert, izahura n’amakipe arimo iy’u Rwanda ‘Amavubi’ mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, yahinduye umutoza, aho Humberto Bettencourt yasimbuye Pedro Leitão Brito ’Bubista’ watandukanye na yo.