Umuvugizi wa Mukura VS, Gatera Edmond, yatangaje ko ikipe ye ari yo yonyine ifite ubushobozi bwo gutsinda Rayon Sports, igaharika umuvuduko w`iyi kipe avuga ko yigize akari aha kajyahe, mu gihe baramuka bahuriye muri Super Cup.

Ibi, Gatera Edmond abitangaje mu gihe irushanwa rya Super Cup risigaje iminsi itandatu ngo ritangire. Ni imikino izahuza amakipe ane, aho bazahera muri kimwe cya kabiri, amakipe azaba yatsinze agahurira ku mukino wa nyuma.
Muri kimwe cya kabiri, ikipe ya Mukura VS&L izahura na Kiyovu Sports, mu gihe Rayon Sports yo izakina na Police FC.
Umuvugizi wa Mukura VS, Gatera Edmond, yavuze ko Mukura VS ariyo kipe rukumbi yiteguye guhagarika umuvuduko wa Rayon Sports yigize akari aha kajyahe, mu gihe baramuka bahuriye ku mukino wa nyuma wa Super Cup.
Yagize ati : “Nta yindi kipe tubona ishobora guharika iyi Rayon Sports uretse Mukura ubu tuvugana. None se izindi ko zayinaniwe muri aka karere? N’abandi turi kwakira ubusabe bwabo, nta wundi muntu utegereje indi kipe ngo ihagarike iyi Rayon Sports yigize akari aha kajyahe uretse Mukura VS.”
Rayon Sports imaze imikino icyenda yikurikiranya kuva yatangira urugendo rwo kwitegura umwaka w’imikino wa 2026/2027. Kugeza ubu imaze gutsinda ibitego birenga 15 mu gihe yinjijwe ibitego bitandatu gusa mu mikino yose.