Myugariro w` umunye-Congo, Ramazani Tshimanga,ashobora kurega ikipe ya Rayon Sports mu ishyirahamwe ry` umupira w`amaguru mu Rwanda bitarenze kuri uyu wa gatatu, mu gihe yaramuka atishyuwe umushahara wa Kamena atahawe mbere yo gutandukana na Rayon Sports.

Ramazani Tshimanga Tshilembi, ukina mu mutima w`ubwugarizi, ni umwe mu bakinnyi batandukanye na Rayon Sports mu rwego rwo kwiyubaka, nyuma yuko bidakunze ko yongera amasezerano bitewe no kudahuza kubyo yagombaga guhabwa kugira ngo akomezanye na Rayon Sports.
Muri uko gutandukana na Rayon Sports, Ramazani Tshimanga yagaragaje ko iyi kipe imurimo umwenda w`umushahara w`ukwezi kwa Kamena atahawe, ungana na 1.770.783 by`amafaranga y`uRwanda. Avuga ko yagerageje kwegera ubuyobozi ariko bukamutera umugongo.
Amakuru aturuka muri Rayon Sports, avuga ko Ramazani Tshimanga yabwiye Rayon Sports ko yifuza kwishyurwa umushahara we bitarenze kuri uyu wa gatatu tariki 26 Kanama 2026, bitaba ibyo akagana inzira y’amategeko ahereye mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Nyuma yo gutandukana na Rayon Sports, Ramazani Tshimanga yahise asimbuzwa n`abandi barimo Charles Tchouplaou, Matumona Wakonda Kanda Abbel na Nshuti Didier.
Rayon Sports iri kwitegura imikino ya Super Cup, aho ku mukino wa kimwe cya kabiri bazakina na Police FC, kuri uyu wa kane tariki 27 Kanama 2026 kuri Pelé Stadium. Rayon Sports kandi iri kwitegura umukino w’ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup, aho izakina na Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun ku wa 5 Nzeri 2026 muri Cameroun.