Ishyirahamwe ry’imikino ya Volleyball muri Afurika (CAVB), ryemeje ko irushanwa ry’igikombe cya Afurika ryari kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ryimurirwa muri Tunisia bitewe n`icyorezo cya Ebola.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Kanama 2026, ni bwo CAVB, yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo, itangaza impinduka zabaye kuri iri rushanwa ryaburaga igihe gito ngo ribere muri RDC.
Iri rushanwa ryari riteganyijwe kubera mu mujyi wa Kinshasa kuva tariki ya 7 kugeza ku ya 21 Nzeri 2026, ariko ryahinduriwe amatariki rishyirwa hagati ya tariki ya 13 na 26 Nzeri 2026.
Izindi mpinduka zabaye ni uko imikino itazabera i Kinshasa nk’uko byari biteganyijwe, ahubwo izabera mu mujyi wa Tunis muri Tunisia, ku mpamvu z’icyorezo cya Ebola cyibasiriye ibice bitandukanye muri RDC. Ni nyuma yuko ibihugu bizitabira iryo rushanwa byagaragaje impungenge biterwa n`icyorezo cya Ebola.
Kugeza ubu, umubare w’abamaze kwandura Ebola muri RDC warenze 5.000, mu gihe inzego z’ubuzima zigaragaza ko ingamba zo gukumira iki cyorezo zitaratanga umusaruro wari witezwe. Ebola iri gukomeza gukaza umurego kuva yatangazwa ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi 2026.
Ku ruhande rw`u Rwanda, ikipe y`igihugu yatangiye umwiherero , nyuma yuko umutoza mukuru Frédéric Guérin ahamagaye abakinnyi 21.
Iri rushanwa ry’igikombe cya Afurika rizakinwa n’ibihugu 16 biyoboye ibindi muri Volleyball ya Afurika. Amakipe azitwara neza azabona itike yo kujya mu Gikombe cy’isi cya 2027, ndetse no gukina imikino ya olempike izabera mu mujyi wa Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu 2028.