Ikipe y’igihugu ya Cap-Vert, izahura n’amakipe arimo iy’u Rwanda ‘Amavubi’ mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, yahinduye umutoza, aho Humberto Bettencourt yasimbuye Pedro Leitão Brito ’Bubista’ watandukanye na yo.

Ku mugoroba wo kuri uyu gatatu tariki ya 19 Kanama 2026, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Cap-Vert (FCF), ryatangaje ko umunya Cape-Vert Humberto Frederico Silva Bettencourt, yagizwe umutoza mushya w`ikipe y`igihugu ya Cap-Vert izwi ku izina rya "Tubarões Azuis".
Bettencourt asimbuye Pedro Leitão Brito ’Bubista’ yari abereye umutoza wungirije.’Bubista’ atandukanye n`iyi kipe y`igihugu ya Cape-Vert nyuma y`igikombe cy`isi cya 2026 , aho ikipe ya Cape-Vert yakoze amateka yo kurenga amatsinda, ibintu byatunguye benshi. Nyuma y`igikombe cy`isi, Bubista yahise asezera mu mirimo yo gutoza "Tubarões Azuis", dore ko yari amaze kubona akandi kazi, aho agiye gutoza ikipe ya RS Bertakne yo muri Maroc.
Humberto Bettencourt agiye kuyobora ikipe y`igihugu ya Cape-Vert mu majonjora y`igikombe cya Afurika cya 2027, aho ikipe ya Cape-Vert izahura n`u Rwanda mu itsinda K muri aya majonjora. Cape-Vert iri kumwe n`uRwanda, Liberia na Mali. Imikino ya mbere y`amajonjora y`igikombe cya Afurika cya 2026, iteganyijwe muri Nzeri 2026. Umukino wa mbere uzahuza Cape-Vert na Mali ku wa 23 Nzeri, hakurikireho uwo bazakiramo Amavubi muri Cap-Vert ku wa 27 Nzeri.
Humberto Bettencourt yatangiye gutoza ikipe ya Cape-Vert muri 2020 nk`umutoza wungirije nyuma yo gutoza amakipe atandukanye muri championnat ya Cape-Vert. Yitezweho gufasha Cape-Vert kubona itike y`igikombe cya Afurika cya 2027 kizabera muri Kenya, Tanzania na Uganda.