
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Stephen Constantine, yatangaje ko yizeye ubushobozi bw’Amavubi bwo guhangana n’amwe mu makipe akomeye muri Afurika, mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cya 2027 (AFCON), avuga ko afite abakinnyi bashoboye guhatanira kubona itike muri iri rushanwa.

Urwego rushinzwe shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League), rwatangaje ko buri musifuzi wo muri shampiyona y`icyiciro cya mbere, azajya ahembwa ibihumbi 130 frw kuri buri mukino.
Perezida w`ikipe ya Kiyovu Sports, Nkurunziza David, yavuze ko igikombe cya Super Cup begukanye ari intangiriro y`ibihe byiza, yemeza ko Kiyovu Sport ishobora kugera kuri byiza birenze Super Cup.

Kiyovu Sports yatangiye neza umwaka w’imikino wa 2026/27, yegukana igikombe cya FERWAFA Super Cup nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.




Ikipe y’u Rwanda y’abagore ya Volleyball yatangiye neza igikombe cya afurika cya 2026, itsinda Algeria amaseti 3-0 mu mukino wa mbere wo mu Itsinda D muri iri rushanwa riri kubera i Nairobi muri Kenya.
Rutahizamu Mugisha Didier, uzwi nka " Taichi", wakiniraga Rayon Sports mu ntizanyo ya Police FC, yasinyiye ikipe ya Kiyovu Sports amasezerano y`imyaka ibiri, nyuma yo gusesa amasezerano ye na Police FC.

Myugariro w` umunye-Congo, Ramazani Tshimanga,ashobora kurega ikipe ya Rayon Sports mu ishyirahamwe ry` umupira w`amaguru mu Rwanda bitarenze kuri uyu wa gatatu, mu gihe yaramuka atishyuwe umushahara wa Kamena atahawe mbere yo gutandukana na Rayon Sports.