Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko ikipe ye idafata CECAFA Kagame Cup 2026 nk’irushanwa ryo kugeragezamo abakinnyi bashya, ahubwo ko ari amarushanwa bagiye guhatanamo bafite intego yo kwegukana igikombe.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA), ryamaze gutangaza abasifuzi bazayobora irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, barimo abanyarwanda batatu Uwikunda Samuel, Mutuyeyezu Dieudonné na Ishimwe Didier.
Umutoza mushya w` ikipe ya Gicumbi FC, Afahmia Lotfi, nyuma yo kugera i Kigali, yatangaje ko aje kubaka ikipe ya Gicumbi nk`ikipe ihatana kandi izamura impano z`abakinnyi bakiri bato, ariko yirinda kuvuga ku bibazo afitanye na Rayon Sports.

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda akaba n’umuyobozi w’icyubahiro wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yasabye abakinnyi b’iyi kipe gutwara Igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026, ashimangira ko igihe iri rushanwa ribereye mu Rwanda, APR FC ikwiye gukora ibishoboka byose igasigarana igikombe.

Rutahizamu w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Leroy-Jacques Mickels, yamaze kwerekeza mu ikipe ya SV Waldhof Mannheim yo mu cyiciro cya gatatu mu Budage, aho yayisinyiye ku buntu.

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, yemeje ko umubare w’amakipe azitabira igikombe cya Afurika uzava kuri 24 ukagera kuri 28, impinduka zizatangira gushyirwa mu bikorwa mu irushanwa rya 2027 rizabera muri Kenya, Uganda na Tanzania.

Umukinnyi wo hagati mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, ukinira Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo, Muhire Kevin, yavuze ko ikipe ye ndetse na APR FC na Rayon Sports ari zo aha amahirwe yo kwegukana irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026.

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Burundi, ndetse na Al Hilal yo muri Sudani, Girumugisha Jean Claude, yavuze ko mu byamufashije kwirinda kujya mu bakobwa b’i Kigali harimo kuba atajya ava mu rugo ngo atembere nyuma yo kuva ku kibuga.

Ikipe y’igihugu ya Espagne yisubije umwanya wa mbere ku rutonde ngarukakwezi rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), nyuma yo kwegukana igikombe cy’Isi cya 2026. U Rwanda rwagumye ku mwanya wa 128.

Umutoza w`ikipe y`igihugu ya Espagne, Luis de la Fuente , yemeye ko perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamubwiye ko yifuza kumugira umutoza w`ikipe y`igihugu cye kugira ngo begukane igikombe cy`isi bwa mbere.