







Mu gihe ubuhinzi bukomeje kuba inkingi ya mwamba mu bukungu bw’u Rwanda, Leta irimo gushaka uburyo bushya bwo gufasha abahinzi kubona inguzanyo, aho umusaruro wabo uzajya ubabera ingwate. Ibi bikaba byitezweho guhindura imyumvire y’abaturage ku buhinzi, bukava ku rwego rwo kwihaza gusa bukaba umwuga utanga inyungu.

Abagore biteje imbere babikesha ibikorwa by’imari biciriritse baravuga ko bamaze kugera ku rwego rushimishije mu iterambere ryabo n’imiryango yabo. Ibi babigarutseho mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umugore usanzwe wizihizwa taliki ya 08 Werurwe ariko bo bakaba bawizihije uyu munsi mu rwego rwo kwishimira ibyo bagezeho.