RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashaka kuburizamo umugambi wo guhindura ItegekonshingaYanditswe na Nadia UWAMARIYA•Yatangajwe kuwa 13-05-2026RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashaka kuburizamo umugambi wo guhindura ItegekonshingaMuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), abatavuga rumwe n’ubutegetsi barimo kugerageza kwishyira hamwe kugira ngo bahagarike umugambi wo guhindura Itegekonshinga wavuzwe ku wa 6 Gicurasi na Perezida wa Repubulika, Félix Tshisekedi, ushobora kuba arimo gushaka inzira yo kwiyamamariza kuyobora igihugu muri manda ya gatatu. Uyu mwanzuro wamaganwe n’amashyaka menshi atavuga rumwe n’ubutegetsi haba imbere mu gihugu ndetse n’abari mu buhungiro, ubu akaba ashaka gutangira ibikorwa bifatika. Amakuru Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) itangaza ko ifite, ari nayo dukesha iyi nkuru, ni uko hamaze kuba inama eshatu i Kinshasa. Inama ya mbere yabaye nyuma y’ikiganiro cyahuje Perezida Félix Tshisekedi n’abanyamakuru ku wa 6 Gicurasi, aho yavuze mu buryo bweruye ko manda ya gatatu ishoboka, yongeraho ati “niba abaturage babishaka”. Inama ya kabiri yabaye ku wa Mbere tariki ya 11 Gicurasi, naho iya gatatu bivugwa ko yabaye bukeye bwaho ku itariki ya 12 Gicurasi nimugoroba.Itsinda rikomeye ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ryamaganye uyu mwanzuro wo gushaka guhindura itegekonshinga, rigizwe na Martin Fayulu, Jean-Marc Kabund, Delly Sessanga ndetse n’uruhande rwa Moïse Katumbi ruhagarariwe na Dieudonné Bolengetenge, umunyamabanga mukuru w’ishyaka Ensemble. Nk’uko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi abisobanura, intego y’iri tsinda ni ugushyiraho gahunda y’ibikorwa bihuriweho byo kurwanya umugambi uwo ari wo wose wo guhindura Itegekonshinga.Kugeza ubu, i Kinshasa si ho honyine abatavuga rumwe n’ubutegetsi barimo kwishyira hamwe, kuko hari ibiganiro biri kubera i Burayi, cyane cyane i Buruseri mu Bubiligi, aho bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bahawe ubuhungiro.Nadia UWAMARIYA