Ba myugariro babiri b`ikipe ya Rayon Sport Youssou Diagne na Emery Bayisenge bagarutse mu myitozo ya Rayon Sports.Byitezwe ko bazitabazwa ku mukino ukomeye uzahuza ikipe ya Rayon Sports na Rutsiro FC kuri state Umuganda i Rubavu.

Aba bakinyi bari bari bamaze iminsi bugarijwe n`ibibazo by`imvune.Youssou Ndiagne yari yavunikiye mu mukino ikipe ya Rayon Sport yanganyijemo na Gicumbi muri championnat.Emery Bayisenge we yari yaravunikiye mu mukino wabahuje na Police FC mu gikombe cy`amahoro.Nyuma yo kwitabwaho n`abaganga,aba bakinyi uko ari 2 bakoranye imyitozo na begenzi babo bitegura Rutsiro FC. Biteganyijwe ko bazitabazwa ku mukino w`umunsi wa 27 wa championnat uzahuza Rayon Sports na Rutsiro FC.
Ayo yabaye makuru meza ku bakunzi b`ikipe ya Rayon Sports dore ko championnat igeze mu mahina.Ikipe ya Rayon Sport irasabwa gutsinda umukino wa Rutsiro FC nayo iri kwirwanaho kugira ngo ntimanuke mu cyiciro cya 2.
Uretse ba myugariro Emery Bayisenge na Youssou Ndiagne,ikipe ya Rayon Sports yagaruye ba rutahizamu bayo babiri.Abo ni umurundi Mugisha Didier Taichi na Ndikumana Asmani.Bakaba bitezweho kongera imbaraga mu busatirizi bwa Rayon Sports.
Ku rundi ruhande ,ikipe ya Rayon Sports iracyabura abakinyi 2 bo hagati aribo Ntarindwa Aimable na Bigirimana Abed.Aba bakaba bugarijwe n`ikibazo cy`imvune,aho bari kwitabwaho n`abaganga.Gusa umwe muri bo (Bigirimana Abed) ashobora kugaruka ku mukino wa Rutsiro mu gihe yaramuka yorohewe mbere y`umukino.
Mu gihe hasigaye imikino mike ngo shampiyona igere ku musozo, Rayon Sports iri ku mwanya wa kane n’amanota 43,ikaba isahaka gukomeza guhatanira igikombe cya championnat.Ikindi ni uko ikipe ya Rayon Sport iri kwirinda kuva ku mwanya wa 2 mu makipe yo mu Rwanda muri championnat,dore ko ikipe izarangiza championnat iri ku mwanya wa 2 mu makipe yo mu Rwanda yasohokera u Rwanda mu marushanwa ya CAF Conderation Cup.Ibyo bikaba byashoboka mu gihe ikipe yatwaye igikombe cya championnat ari nayo yo itwaye igikombe cy`Amahoro.
