Ikipe ya Rayon Sports yazamuye abakinnyi batanu bavuye mu ikipe y`abato mu rwego rwo gushimangira gahunda yo kuzamura impano ziva mu irerero ryabo. Abazamuwe mu ikipe nkuru ni abakinnyi bitwaye neza muri shampiyona y`abatarengeje imyaka 20.

Muri abo bakinnyi bazamuwe harimo rutahizamu Uwimana Ami, wabaye umwe mu batsinze ibitego byinshi muri shampiyona y`abatarengeje imyaka 20, aho yinjije ibitego 12 ndetse anatanga imipira 10 yavuyemo ibitego. Undi rutahizamu wazamuwe ni Imanayonyine Pierre, watsinze ibitego bitandatu ndetse anatanga imipira 11 yavuyemo ibitego. Umunyezamu Muvunyi Aimé Christian, wagaragaje ubuhanga budasanzwe mu izamu, nawe ni umwe muri abo bakinnyi bazamuwe.
Kuri abo hiyongeraho ba myugariro babiri bigaragaje muri shampiyona y`abato. Abo ni Niyonzakorera Alpha na Ishimwe Brain. Aba bakaba bahawe amahirwe yo kuzamuka mu ikipe nkuru ya Rayon Sport.
Uretse abo bakinnyi, umutoza wa Rayon Sports mu byiciro by'abato , Mbungira Ismael, yabwiye Umwezi FM ko abo bakinnyi bazamuwe ari abatoranyojwe bwa mbere, avuga ko hari n'abandi batatu hakiri ibiganiro byo kubazamura mu ikipe nkuru ya Rayon Sports kuko babifitiye ubushobozi.
Uretse Kandi abo bakinnyi bari kuzamurwa bakuwe mu ikipe y'abatarengeje imyaka 20, Rayon Sports yagaragaje ko iziyubaka igendeye ku bakinnyi bakiri bato, nyuma yo kugura abakinnyi bato nka Muhoza Daniel w'imyaka 18, Ibrahim Djingarey ukomoka muri Niger w'imyaka 19.
Ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo itegura umwaka wimikino wa 2026-27. Ni umwaka Rayon Sports ifitemo amarushanwa atandukanye arimo na CAF Confederations Cup aho iyi kipe ifite intego yo gusubira mu matsinda.