Ikipe ya Rayon Sport yasinyishije rutahizamu w`umunya-Togo, Antonio Atisso Kodjo, amasezerano y`imyaka ibiri, kugira ngo aze kongera imbaraga mu busatitirizi , nyuma yo kurangiza ariwe utsinze ibitego byinshi muri champiyona ya Bénin.

Mu itangazo Rayon Sports yashyize hanze, kuri uyu wa kabiri tariki ya 23 Kamena 2026, ni bwo Rayon Sports yatangaje rutahizamu mushya uzayifasha mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27. Akaba ari Antonio Atisso Kodjo, waturutse mu ikipe ya Damissa FC yo muri Benin.
Rayon Sports iragira iti :" Twishimiye kubamenyesha ko twasinyishije Antonio Atisso Kodjo, watsinze ibitego byinshi muri shampiyona ya Bénin yinjije ibitego 16 muri uyu mwaka. Uyu muhanga ukomoka muri Togo aje muri Rayon Sport ku masezerano azageza muri 2028."
Atisso Kodjo wari warasoje amasezerano ye muri Damissa FC, yakiniye andi makipe arimo ASFOSA Lomé na ASC Kara zombi z’iwabo. Akiri muto yigeze guhamagarwa mu Ikipe y’igihugu ya Togo y’abatarengeje imyaka 23.
Uyu munya-Togo, ni rutahizamu usatira aca ku ruhande, aho aje gukinira ikipe ya Rayon Sport kugeza mu mwaka w`imikino wa 2027-2028. Uyu mukinnyi w`imyaka 27, abaye umunyamahanga wa gatatu usinyishijwe na Rayon Sports nyuma ya Charles Tchouplaou na Matumona Wakonda Kanda Abbel bakina mu bwugarizi.
Mu bandi bakinnyi ikipe ya Rayon Sport iheruka gusinyisha, harimo ba myugariro Ndayishimiye Didier na Nshuti Didier, Nisingizwe Christian na Nkundimana Fabio bakina hagati,na rutahizamu Nizeyimana Mubarak.
Ikipe ya Rayon Sports ikomeje kwitegura amarushanwa mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup izabera mu Rwanda, ndetse na CAF Confederation Cup.