Umutoza w` ikipe ya Police FC, Abdesatar Ben Moussa, yatangaje ko agiye kurega ikipe ye nyuma yuko imuhagaritse mu buryo avuga ko butubahirije uburenganzira bwe nk`umutoza wari ugifite amasezerano.

Ibi umutoza Ben Moussa yabibwiye itangazamakuru, kuri uyu wa mbere tariki 15 kamena 2026, nyuma yuko mu mpera z`icyumweru gishize yamenyeshejwe n`ubuyobozi bw`ikipe ya Police ko amasezerano ye asheshwe. Uyu mutoza avuga ko agiye kugana inzira z`amategeko yitabaza inzego zibifiye ububasha.
Yagize ati : "Namenyeshejwe n`ikipe ko amasezerano yanjye asheshwe, kandi mfite amasezerano y`imyaka 3. Nyuma yo gusuzuma neza uko ibintu byagenze n`ingingo z`amasezerano yanjye zijyanye nabyo, nsanze uburenganzira bwanjye butarubahirijwe. Niyo mpamvu mfashe icyemezo cyo gutangira inzira z`amategeko ziboneye imbere y`inzego zibifitiye ububasha, kugira ngo ndengere kandi mparanire uburenganzira bwanjye."
Ikipe ya Police FC, ihagaritse umutoza wayo Ben Moussa kubera umusaruro mucye, dore mbere yuko umwaka w`imikino ushize utangira, Police FC yahabwaga amahirwe yo kwegukana kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda aribyo shampiyona n`igikombe cy`amahoro. Ntabwo ariko byagenze, dore ko kuva yagera mu ikipe ya Police FC, uyu munya Tuniziya yatoje imikino 34 muri shampiyona. Yatsinzemo imikino 12, anganya 16, anatsindwa imikino 6.
Ibi byatumye ikipe ya Police FC irangiza shampiyona iri ku mwanya wa 6 , ikaba iya 4 mu makipe yo mu Rwanda, nyuma yuko amakipe ya El Merreick na Al Hilal yo muri Sudani yinjiriye muri shampiyona y`uRwanda.
Mu gikombe cy`amahoro, ikipe ya Police yasezerewe muri kimwe cya kane na Rayon Sport, ibintu byababaje cyane abayobozi b`iyi kipe. Ibyo byatumye ubuyobozi bw`iyi kipe y`igipolisi cy`uRwanda, bufata umwanzuro wo gusesa amasezerano y`umutoza wayo Ben Moussa agisigaje imyaka 2 ngo arangire.
Amakuru aturuka mu ikipe ya Police FC, avuga ko iyi kipe yatangiye gushaka undi mutoza, aho iri mu biganiro n`umunya zambiya Osward Mutapa utoza ikipe ya Power Dynamos y` iwabo. Osward Mutapa niwe wabaye umutoza w`umwaka muri champiyona ya Zambiya y`uwu mwaka wa 2025-2026. Biteganyijwe ko uyu mutoza azagera mu Rwanda muri iki cyumweru aje mu biganiro bya nyuma.