Ikipe ya Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun yamaze kugera i Kigali, aho igiye gukina na Rayon Sports umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup.

Abakinnyi, abatoza n’abandi bari kumwe n’iyi kipe bageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali i Kanombe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki ya 10 Nzeri 2026.
Urugendo rw’iyi kipe rwabanje gutegurwa n’itsinda ry’abayihagarariye ryageze mu Rwanda ku munsi wabanje, mu rwego rwo gutegura no koroshya gahunda y’urugendo rwa Panthère Sportive du Ndé.
Panthère Sportive du Ndé ije mu Rwanda nyuma yo kunganya na Rayon Sports igitego 1-1 mu mukino ubanza wabereye muri Cameroun. Ibi bituma umukino wo kwishyura uba ingenzi cyane ku mpande zombi, kuko ari wo uzagena ikipe izakomeza mu ijonjora rikurikiraho.
Ikipe ya Panthere du Ndé irasabwa gusinda Rayon Sports, cyangwa ikanganya ibitego birenze kimwe. Ni mu gihe Rayon Sports yo isabwa gusinda cyangwa kunganya ubusa ku busa mu mukino wo kwishyura.
Uyu mukino wo kwishyura uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Nzeri 2026, kuri Stade Amahoro i Remera, aho Rayon Sports izaba ifite amahirwe yo gukinira imbere y’abafana bayo ishaka itike y’ijonjora rya kabiri.
Ikipe izakomeza hagati ya Rayon Sports na Panthère Sportive du Ndé izahura n’izatsinda hagati ya Atomic Ngomé yo mu Birwa bya Comores na African Black Bulls yo muri Mozambique.
Iyo mikino y’ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup iteganyijwe gukinwa mu kwezi k’Ukwakira 2026.