
Nyuma yo kwandika amateka mu Rwanda, ikipe ya Al Hilal Omdurman yasesekaye i Khartoum mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, isoje urugendo rwayihesheje igikombe cya shampiyona y’u Rwanda ya BK Pro League 2025/26.
Iyi kipe yahise ikomereza ku kibuga cyayo giherereye mu mujyi wa Omdurman, aho yakiriwe n’abafana benshi bari bafite ibyishimo byo kongera kubona abakinnyi babo nyuma y’igihe kigera ku myaka itatu batabasha gukinira imbere y’abakunzi babo kubera umutekano muke wari warazahaje Sudan.
N’ubwo yari yarimukiye hanze y’igihugu, Al Hilal yakomeje kwigaragaza nk’ikipe ikomeye mu karere no ku mugabane wa Afurika. Muri icyo gihe, yegukanye igikombe cya Super Sudanese Cup cyabereye muri Tanzania, inatwara shampiyona ya Mauritania mbere yo gutwara BK Pro League yo mu Rwanda.
Ubu Al Hilal iri kwitegura gukina imikino ya kamarampaka ya shampiyona ya Sudan, izagena amakipe ane azahagararira igihugu mu marushanwa Nyafurika arimo CAF Champions League na CAF Confederation Cup.
Mu bakinnyi 25 bajyanye n’iyi kipe harimo abarimo Mohammed Abdelrahman, Sufyan Farid, Ahmed Salem, Abdelraouf Yacoub, Gamar El Din, El Tayeb Abdelrazig, Ernest Lozolo, Mostafa Karshom, Mazen Simbo, Mohammed Ahmed Ernq, Yasser Awad, Salah Adel, Mazen Fadl, Waleedine Khidr, Sunday, Yasser Muzammil, Petros, Stephen Ebuela, Emmanuel Flomo, Jean Claude Girumugisha, Othman Diouf, Mousa Kante, Mohammed Mostafa, Mohammed Munzir na Mohammed Madani.
Hagati aho, Al Hilal yasize mu Rwanda indi kipe igizwe ahanini n’abakiri bato kugira ngo ikomeze gukina imikino itatu ya nyuma isigaye muri BK Pro League y’uyu mwaka w’imikino wa 2025/26.
ISHIMWE Walter