Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi atazongera kwisubiramo, ashimangira ko Abanyarwanda batazongera kwicwa nk’uko byagenze mu 1994.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Mata 2026, mu muhango wo gutangiza Icyumweru cyo Kwibuka n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Kagame yavuze ko ibihe byahindutse ku buryo nta muntu uzongera kwicwa nkuko bwabayeho mbere, ashingiye ku masomo igihugu cyize n’imbaraga cyiyubatsemo nyuma ya Jenoside.
Ati: “Ibihe byo birahinduka, ibihe byarahindutse. Ntawe uzongera gupfa nk’uko Théoneste yavugaga abapfuye cyangwa na we uko yapfuye. Buriya yarapfuye, kuba ariho ni nko kuzuka ariko nta wakongera gupfa kuriya. Impamvu kandi ni nyinshi; ntabwo wakwica umuntu kabiri, ubigerageje, azakwica mbere y’uko umwica.”
Perezida Kagame yagaragaje ko ubuhamya bw’abarokotse Jenoside bukwiye kubera isomo rikomeye abagerageza guhakana cyangwa gupfobya aya mateka, ashimangira ko ukuri ku byabaye kudashobora guhindurwa.
Ati: “Hari ubundi buhamya burebure burimo amateka akomeye Théoneste amaze kutugezaho. Ibyo twumvise byose bifite aho bishingiye, ni ukuri.”
Yakomeje agaragaza ko amateka ya Jenoside atazigera asibangana cyangwa ngo ahindurwe n’abayapfobya, cyane cyane abari hanze y’u Rwanda.
Ati: “Abafite uko babihakana cyangwa babihakanya ngira ngo bafite akazi gakomeye kugira ngo uhindure amateka nk’ayo y’abantu, abantu nk’abandi, uyagire uko ushaka yaba mu Gihugu hano, byaba hanze, cyane cyane ni ho bakunze guhindura aya mateka yacu ku mpamvu zitandukanye. Ibi rero ngira ngo bafite ibyo bazahangana na byo kugira ngo abantu bahindure amateka nk’aya bayavuge ukundi.”
Mu kiganiro cyatanzwe muri uyu muhango, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yahagaritswe na FPR Inkotanyi, bikwiye kubera amahanga isomo ryo kubahiriza inshingano zo gukumira Jenoside zashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye.
Yagaragaje ko Jenoside yashoboraga gukumirwa ariko abayobozi b’imiryango mpuzamahanga bakoreraga mu Rwanda ntacyo bakoze ngo bayikumire, nubwo ibimenyetso byayo byari bihari kuva mu 1990.
Ati: “Guhera mu 1990 ibimenyetso by’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi byaramenyekanye birirengagizwa. Leta y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bwigisha ko Umututsi ari umwanzi w’Igihugu.”
Yakomeje agaragaza inkomoko y’umugambi wa Jenoside, awuhuza n’imiyoborere ya politiki y’icyo gihe.
Ati: “Umugambi wa Jenoside waturukaga kuri Perezida Habyarimana ubwe kandi byatangiranye n’ubutegetsi bwe. Porogaramu politiki ya mbere yayitangaje tariki ya 1 Kanama 1973 avuga ko imitegekere y’Igihugu izashingira ku bwoko n’uturere.”
Yavuze ko hagati ya 1990 na 1994 Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, mu gihe amahanga yakomeje kurebera, ndetse n’ibyemezo byafashwe nyuma bikaba bitarubahirizwa uko bikwiye.
Ku ruhande rw’abarokotse Jenoside, Ngiruwonsanga Théoneste warokokeye mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, yatanze ubuhamya bugaragaza ko ihohoterwa n’ivangura byari byaratangiye kera mbere ya Jenoside.
Ati: “Mbere ya Jenoside, imiryango y’Abatutsi ku musozi w’iwacu yari itunzwe n’ubwoba kurusha ikindi kintu icyo ari cyo cyose.”
Yavuze ko ibikorwa byo kwica Abatutsi byatangiye kuva mu 1964, aho sekuru yishwe ajugunywa mu Kiyaga cya Kivu, ndetse na mbere gato ya Jenoside bamwe mu muryango we bakaba barishwe, mu gihe na we yatotezwaga ku ishuri.
Muri rusange, ubutumwa bwatangiwe mu gutangiza Ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi, bushimangira ko kwibuka atari ukwibuka amateka gusa, ahubwo ari no gukomeza guharanira ko bitazongera kubaho, binyuze mu kurwanya ingengabitekerezo yayo no gusigasira ukuri kw’amateka.
