Ikipe ya Kiyovu Sport yatangaje ko yagaruye rutahizamu w`umurundi Richard Kirongozi wakiniraga Police FC, asinya amasezerano y`imyaka ibiri.
Aya makuru yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 11 kamena 2026, ubwo Kiyovu Sport, ibinyunyije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yemezaga ko Richard Kirongozi yagarutse mu rugo.
Yagize iti :"Richard Kirongozi yagarutse mu muryango w`icyatsi n`umweru anasinya amasezerano y`imyaka ibiri. Tuguhaye ikaze mu rugo, nimero 7. "
Ibiganiro hagati ya Kirongozi na Kiyovu Sport byasojwe kuri uyu wa 4 tariki 12 kamena 2026, aho Kirongozi yemeye kugaruka muri Kiyovu Sport, akayikinira mu gihe cy`imyaka 2 uhereye mu mwaka w`imikino wa 2026-2027.
Kirongozi, usatira aca ku ruhande, agarutse muri Kiyovu Sport nyuma y`imyaka 2 ayivuyemo, ubwo yerekezaga muri Police FC. Gusa uyu murundi ntabwo yisanze mu mikinire y`ikipe ya Police FC mu myaka ibiri yayimazemo, dore ko byaje kurangira yisanze ku rutonde rw`abakinnyi batazakomezanya nayo.
Richard Kirongozi yitezweho gutanga ibisubizo mu busatirizi bwa Kiyovu Sport nkuko yabikoraga mu mwaka w`imikino wa 2023-2024. Icyo gihe uyu murundi yari umwe mu bakinnyi bakomeye muri shampiyona, dore ko yanahamagarwaga mu ikipe y`igihugu y`uBurundi "Intamba mu rugamba".
Uretse Kirongozi Richard, Kiyovu Sport yongeye amasezerano umukinnyi wayo wo hagati, Mugisha Joseph Rama. Uyu munyarwanda agiye gukomezanya na Kiyovu Sport mu myaka ibiri iri imbere. Undi wongewe amasezerano y`imyaka ibiri ni rutahizamu w`umunye Congo Moise Sanja Bulaya. Nubwo yatangiye nabi mu mwaka w`imikino ushize, yigagaraje mu mikino ya nyuma ya shampiyona. Sanja Bulaya arasabwa gukora cyane, dore ko uwo mwaka yawurangije atsindiye Kiyovu Sport ibitego 3 gusa, aho yatanze imipira 3 yavuyemo ibitego.
Kirongozi abaye umukinnyi wa kane ikipe ya Kiyovu Sport iguze, nyuma ya rutahizamu y`umunye Congo Lola Kanda Moise waturutse muri Gicumbi FC, abakinnyi babiri bo hagati Hamiss Hakim wavuye muri Gasogi United na Kambanda Emmanuel waturutse muri Amagaju FC. Kiyovu Sport iri gushaka umukinnyi w`inyuma ku ruhande rw`iburyo, uzasimbura Nizigiyimana Karim Mackenz ugiye gusezera ku mwuga wo gukina umupira w`amaguru.