
Ishyirahamwe ry`umupira w`amaguru mu gihugu cya Maroc (FRMF), ryatangaje ko hari imikino ya gishuti yagomba kubera muri icyo gihugu yahagaritswe bitewe n`impungenge z` icyorezo cya Ebola iri gukwirakwira mu bice byinshi bya Afurika.
Ibyo bibaye mu gihe ikipe y`igihugu y`uRwanda "Amavubi" yaraye igeze muri Maroc, aho bari kwitegura imikino ibiri ya gishuti Amavubi azakina n`ibihugu bya Tanzaniya na Comores. Byari biteganyijwe ko Amavubi azakina n`ibigwa bya Comores kuri tariki 6 Kamena, hagakurikiraho umukino uRwanda ruzakina na Tanzaniya kuri tariki 9 Kamena 2026.
Iyi mikino ishobora gusubikwa dore ko ishyirahamwe ry`umupira w`amaguru mu gihugu cya Maroc (FRMF), ryatangaje ko hari imikino myinshi ya gishuti igomba gukurwaho mu rwego rw`ingamba z’ubuzima zafashwe n`igihugu cya Maroc, hagamijwe kwirinda ikwirakwizwa ry`icyorezo cya Ebola. FRMFyavuze ko ibi byakozwe mu rwego rwo kurinda abakinnyi, abatoza, abayobozi n’abafana mu gihe Ebola ikomeje guhangayikisha benshi muri Afurika.
Mu mikino ishobora kutaba harimo uwa Tanzania na Uganda wari kuba tariki ya 5 Kamena, uwa Tanzania n’uRwanda wari kuba tariki ya 9 Kamena, uwa Uganda na Madagascar wari kuba tariki ya 8 Kamena, hakiyongeraho uw’u Rwanda n’ibirwa bya Comores wari kuba tariki ya 6 Kamena.
Ku rundi ruhande, FRMF ivuga ko hari imikino imwe n`imwe bakiri gusuzuma kugira ngo barebe ko yakinwa, aho abayitegura bashobora gufata icyemezo mu gihe kitarambiranye.
Ku ruhande rw`uRwanda, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA),ntacyo riratangaza kuri aya makuru.
Ikipe y`igihugu y`uRwanda "Amavubi" yari yateguye iyi mikino ibiri ya gishuti mu rwego rwo kwitegura amajonjora y`igikombe cya Afrika cyo mu mwaka wa 2027 kizabera muri Uganda,Tanzaniya na Kenya.
Kayitankore Dieudonné