Umutoza wa APR FC Abderrahim Talib yavuze ko yiteguye kubona Rayon Sport yirukana umutoza kubera ko iyo ayitsinze ihita ihindura umutoza.

Umunyamaroc Talib, umutoza wa APR FC, yatangaje ibi nyuma yo gutwara igikombe cy`amahoro, aho ikipe ye yatsinze Rayon Sport ku mukino wa nyuma wabereye kuri stade Amahoro i Remera.
Yagize ati: "Rayon Sports ndayizi cyane. Twayitsinze 4-1 yirukana umutoza, tuyitsinda 3-0 ihindura umutoza. Uyu munsi na bwo niteze ko baza kwirukana umutoza bakazana undi. Turayizi cyane.”
Abatoza babiri ba Rayon Sport baherutse gusezererwa nyuma yo gutsindwa na APR FC, aribo umurundi Ferouz Haruna watsinzwe na APR ibitego 3 ku 0 muri shampiyona mu mwaka wa 2025, n’umufaransa Bruno Ferry nawe wirukanywe nyuma yo gutsindwa na APR ibitego 4 kuri 1.
Umutoza wa APR FC Abderrahim Talib, yaboneyeho gushimira abakinnyi n’abayobozi bakuru b’ikipe ye barimo Gen (Rtd) James Kabarebe, Gen Mubarakh Muganga, Brig Gen Deo Rusanganwa, Major Kavuna Elias n’abandi bose babaye hafi ikipe yabo. Yavuze ko n’abagerageje guca intege ikipe ya APR bose igisubizo bagiherewe ku kibuga.
Usibye igikombe cy’Amahoro, APR FC yamaze no gutwara igikombe cya Shampiyona cya 2025/2026, nyuma yo kuba iya mbere mu makipe yo mu Rwanda muri Shampiyona y’uyu mwaka.
Biteganyijwe ko ikipe ya APR FC izashyikirizwa igikombe cyayo ku mukino wa nyuma muri Shampiyona uzayihuza na Gicumbi FC.