Ikipe y’igihugu y’ingimbi zitarengeje imyaka 20 yatsinze Zimbabwe ibitego 32 kuri 16, ihita ibona itike ya kimwe cya kane mu gikombe cya Afurika cya Handball cy`abatarengeje imyaka 20.

Uyu mukino usoza iyo mu Itsinda A wabereye muri Salle Polyvalente ya Abidjan ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 8 Nzeri 2026.U Rwanda rwasabwaga gutsinda uyu mukino nyuma yo gutsindwa na Guinea ibitego 36 kuri 20 mu mukino ufungura no gutsinda Cote d’Ivoire ibitego 30-25 mu mukino wa kabiri.
Ikipe y`u Rwanda iyobowe n`umutoza Hafedh Zouabi uakoze ibyo yasabwaga muri uyu mukino, yegukana intsinzi ku bitego 32 kuri 16 dore ko igice cya mbere cyari cyarangiye harimo ikinyuranyo cy’ibitego 13 nyuma yo kugisoza batsinze ibitego 18 kuri 5.
Iyi ntsinzi yafashije u Rwanda kuzamuka ari urwa kabiri mu Itsinda A n’amanota ane, inyuma ya Guinea yagize amanota atandatu yatsinze Côte d’Ivoire ibitego 32-14.
Uyu mukino wa ¼ uteganyijwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 9 Nzeri 2026, aho u Rwanda rukina na Angola.
Ni ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwitabiriye iri rushanwa rihuza ingimbi mu gikombe cya Afurika.Muri 2022 u Rwanda rwari rwaryakiriye i Kigali rusoza ari urwa munani mu gihe mu 2024 rwabaye urwa gatandatu mu irushanwa ryabereye muri Tunisia.