Ikipe ya Vipers SC yo muri Uganda yageze i Kigali izanye abakinnyi mpuzamahanga bakomeye, barimo Farouk Miya wahoze ari kapiteni w`ikipe y`igihugu ya Uganda na kapiteni wabo Milton Karisa.

Ikipe ya Vipers yo muri Uganda yageze ku kibuga cy`indege mpuzamahanga cya Kanombe kuri uyu wa gatatu tariki 22 Nyakanga 2026, aho ije guhatanira igikombe cya CECAFA Kagame Cup kizatangira kuri uyu wa gatanu.
Mu bakinnyi ikipe ya Vipers SC yazanye mu Rwanda, harimo Farouk Miya, wahoze ari kapiteni w`ikipe y`igihugu ya Uganda " Uganda Cranes." Uyu yari amaze umunsi umwe gusa asinye amasezerano y`umwaka umwe muri Vipers SC ,nyuma yo gutandukana n`ikipe ya GS Ilioupolis yo mu Ubugereki.
Si ubwa mbere Farouk Miya aje mu Rwanda, dore ko muri 2016 yari kapiteni wa "Uganda Cranes" mu mikino y`igikombe cy`Afurika cy`abakina imbere mu gihugu ( CHAN) cyabereye mu Rwanda muri 2016. Farouk Miya ni umwe mu bakinnyi bitezwe muri iyi CECAFA Kagame Cup.
Undi mukinnyi ukomeye witezwe mu ikipe ya Vipers ni kapiteni wayo Milton Karisa, wahoze ari rutahizamu ukomeye w` ikipe y`igihugu ya Uganda. Uyu mukinnyi w`imyaka 30 y`amavuko, yagize uruhare rukomeye kugira ngo ikipe ya Vipers yegukane shampiyona y`umwaka ushize muri Uganda.
Mu bandi bakinnyi bakomeye bari kumwe na Vipers SC muri iyi CECAFA Kagame Cup, harimo rutahizamu w`umunye Congo César Lobi Manzoki n`umugande Yunuss Ssentamu, bombi bahoze bari ba rutahizamu b`ibihugu byabo. Kuri abo hakiyongeraho Arafati Usama wabaye umwe mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi muri shampiyona ya Uganda. Aba bitezweho gutanga akazi gakomeye kuri ba myugariro b`amakipe azaba ahanganye nabo.
Uretse abo , ikipe ya Vipers SC yaje yitwaje abakinnyi bakinnye muri shampiyona y`uRwanda. Abo ni myugariro w`umugande Ashraf Mandela na rutahizamu w`umunya Nigeria Chukwuma Odili, bombi bakinanye muri Police FC.
Ikipe ya Vipers SC iri mu itsinda rya mbere, aho izahangana na APR FC yo mu Rwanda, Gor Mahia FC yo muri Kenya, na Garde Republicaine FC yo muri Djibouti.