Ikipe ya Rayon Sports yateye intamwe iyerekeza muri kimwe cya kabiri mu mikino ya CECAFA Kagame Cup, nyuma yo gutsinda Tusker yo muri Kenya igitego kimwe ku busa. Iyi ntsinzi ya 2 yikurikiranya yongereye Rayon Sport icyizere cyo gukomeza muri kimwe cya 2.

Kuri uyu wa gatatu tariki 29 Nyakanga 2026, ikipe ya Rayon Sport yakinye umukino wayo wa 2 mu tsinda ryayo, aho yasabwaga kuwutsinda kugira ngo bongere amahirwe yo gukomeza muri kimwe cya kabiri muri CECAFA Kagame Cup.
Umutoza wa Rayon Sports, Haringingo Christian Francis, yari yakoze impinduka mu bwugarizi no mu busatirizi , aho Nshuti Didier yafashe umwana wa Abdel Matumona Wakonda mu mutima w`ubwugarizi, mu gihe Kameni na Elie Tatou babanje mu mwanya wa Mubaraka Nizeyimana na Boris Gbenou.
Ikipe ya Tusker yatangiye isatira cyane, aho ku munota wa 28, rutahizamu wabo Steve Omondi yateye umupira ukomeye wasohowe n`umunyezamu wa Rayon Sport Dande Junior.
Ikipe ya Rayon Sports yahise ikanguka, aho rutahizamu Elie Tatou, wari wazengereje ba myugariro ba Tusker, yagerageje uburyo bwinshi ariko ntabashe kubona igitego. Ku munota wa 45, myugariro wa Rayon Sport, Nshimiyimana Emmanuel " Kabange", yazamukanye umupira ku ruhande rw` iburyo,awohereza mu rubuga rw`amahina. Rutahizamu w`umunya Togo, Atiso kodjo, ahita atsinda igitego cya mbere cya Rayon Sport, kikaba icya kabiri atsindiye Rayon Sports kuva yayigeramo.
Igice cya mbere cyarangiye Rayon Sport iri imbere, inakomerezaho gusatira mu gice cya kabiri,ariko ntiyabasha kubona ikindi gitego. Ku rundi ruhande, ikipe ya Tusker, yari iyobowe mu busatirizi na Victor Mbaoma, wahoze muri APR FC, yagerageje uburyo bwinshi biranga.
Umukino waje kurangira ikipe ya Rayon Sport itsinze Tusker FC igitego kimwe ku busa, Rayon Sport iba iteye intambwe ikomeye iyiganisha muri kimwe cya kabiri muri iri rushanwa , aho isabwa kunganya umukino wa nyuma mu itsinda ifitanye na Al Hilal yo muri Sudani.
Rayon Sport ishobora kuba ikipe imwe rukumbi yo mu Rwanda igeze muri kimwe cya kabiri muri CECAFA Kagame Cup, dore ko ikipe ya APR FC, yo ifite amahirwe hafi ya ntayo yo kugera muri kimwe cya kabiri, nyuma yo gutsindwa bikomeye na Gormahia yo muri Kenya ibitego bitanu ku busa, nubwo iherutse gutsinda Garde Republicaine yo muri Djibouti ku bitego bitatu kuri kimwe.