Ikipe y`igihugu y`uRwanda ya Basketball y`abagabo yatangiye nabi mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, nyuma yo gutsindwa na Guinea amanota 89 kuri 63 mu mukino wa mbere mu itsinda.
Kuri uyu wa Kane, tariki ya 2 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe y’u Rwanda, iri mu Itsinda C, yatangiye gukina iyi mikino iri kubera muri Pavilhao Multiusos de Luanda, yo muri Angola. Umukino wa mbere wahuje u Rwanda na Guinea.
Guinea niyo yatangiye neza umukino ibifashijwemo n’abakinnyi bayo nka Souleymane Boum Jr. na Shannon Evans, byaje gufasha abanya Guinea gutsinda agace ka mbere ku manota 26-14.
Mu gace ka kabiri, u Rwanda rwakinnye neza nyuma y’aho Furaha Cadeau de Dieu na Irakoze Hodari Herve bageragezaga gutsinda amanota menshi, biza gufasha u Rwanda kwegukana ako gace ka kabiri ku manota 27-19.
Ikipe ya Guinea yagarukanye imbaraga nyinshi mu gace ka gatatu k`uwo mukino, biza kurangira Guinea yegukanye intsinzi y`amanota 18 kuri 12.
Mu gace ka kane ari nako ka nyuma, ikipe ya Guinea yakomeje kuyobora umukino, birangira itsinze amanota 26 kuri 10. Muri rusange,umukino warangiye, ikipe ya Guinea itsinze uRwanda ku manota 89-63.
Ikipe y`uRwanda irasabwa gukora cyane kugira ngo bazatsinde imikino ikurikiraho.Ku mukino wa kabiri mu itsinda C, uRwanda ruzakina na Tuniziya mbere yo gusoreza kuri Nigeria.