RSSB Tigers yatsinze APR BBC amanota 96-94, Patriots itsinda REG BBC amanota 72-61, amakipe yose anganya intsinzi ebyiri kuri ebyiri muri kamarampaka, ibyatumye hazitabazwa umukino wa gatanu uzaba kuri uyu wa gatanu.

Iyi mikino ya ½ cya Kamarampaka, yabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 12 Kanama 2026 muri Petit Stade i Remera. APR BBC na REG zasabwaga gutsinda zikajya ku mukino wa nyuma ariko byarangiye zigaranzuwe.
Umukino wa Tigers na APR watangiye wihuta amakipe yombi atsindana abifashijwemo na Tarik Bey na Teafale Leonard Jr. Agace ka mbere karangiye APR iyoboye n’amanota 25 kuri 16 ya Tigers.
Agace ka kabiri k’injyanamuntu, Tigers yagatangiye neza Zouzoua Mimi na Bey bakomeza kuyitsindira amanota menshi. Icyakora, Ikipe y’Ingabo ntiyari kure kuko umukino wari wegeranye cyane. Igice cya mbere cyarangiye APR BBC yatsinze RSSB Tigers amanota 50-45.
Mu gace ka gatatu, umukino wakomeje kwegerana cyane amakipe yombi atsindana, ikinyuranyo ari gito.Aka gace karangiye, APR ikomeje kuyobora umukino n’amanota 72 kuri 65 ya Tigers.
Tigers yatangiye agace ka nyuma neza Zouzoua atsinda amanota menshi, inayobora umukino. Mu minota ibiri ya nyuma ikinyuranyo cyari inota rimwe gusa. Umukino warangiye RSSB Tigers yigaranzuye APR BBC iyitsinda ku manota 96-94.
Undi mukino wabaye, Patriots nayo yivuganye REG BBC iyitsinda amanota 72-61, amakipe ahita anganya intsinzi ebyiri, bityo zikazakizwa n’umukino wa nyuma ku wa Gatanu.
Ikipe zizatsinda muri izi enye zizagera ku mukino wa nyuma, izindi zizahatanire umwanya wa gatatu.
Umukino wa gatanu uteganyijwe kuri uyu wa gatanu, tariki ya 14 Kanama 2026 muri Petit Stade.