Ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye uRwanda mu mikino ya BAL yageze muri kimwe cya 2 mu mikino ya BAL 2026 iri kubera mu Rwanda, isezereye FUS Rabat yo muri Maroc. N’ubwo RSSB Tigers yatsinzwe ku mukino wa kimwe cya 4 wo kwishyura, ikinyuranyo cy`amanota menshi yabonye ku mukino wa kimwe cya 4 ubanza batsinze, nicyo cyafashije RSSB Tigers gukomeza.

Uyu mukino wa kimwe cya 4 wo kwishyura wabaye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 24 gicurasi 2026. Bitewe n’uko ku mukino ubanza, ikipe ya RSSB Tigers yari yatsinze FUS Rabat ku kinyuranyo cy`amanota 23, byasabaga ikipe ya FUS Rabat gutsinda ku kinyuranyo cy’amanota 24 kugira ngo ikomeze muri kimwe cya 2.
Ibyo byatumye ikipe ya FUS Rabat yo muri maroc itangira umukino isatira cyane, biza kuyifasha kwegukana agace ka mbere itsinze amanota 32 kuri 14 ya RSSB Tigers.
Mu gace ka 2 k’umukino, ikipe ya RSSB Tigers yikubise agashyi, yongera imbaraga mu busatirizi, aho byaje gutuma RSSB Tigers itsinda ako gace ka 2 ku manota 30 kuri 19. Umunyamerika Graig Randall ni umwe mu bakinnyi bafashije cyane ikipe ya RSSB Tigers.
Mu gace ka 3, ikipe ya RSSB Tigers yakomeje gusatira cyane, biza kuyifasha kwegukana ako gace n’amanota 26 kuri 20.
Agace ka 4, ari nako ka nyuma kagoranye ku makipe yombi, dore ko karangiye RSSB Tigers inganya na FUS Rabat ku manota 28 kuri 28.
Uteranyije umusaruro wavuye muri utwo duce twose, ikipe ya FUS Rabat yo muri Maroc niyo yegukanye intsinzi y’amanota 99 kuri 98 ya RSSB Tigers. Gusa iyo ntsinzi ntabwo yafashije ikipe FUS Rabat gusezerera RSSB Tigers, bitewe nuko RSSB Tigers yari yatsinze umukino ubanza ku kinyuranyo cy`amanota 23. Ikipe ya RSSB Tigers yo mu Rwanda yahise ibona ticket yo gukomeza muri kimwe cya 2, itsinze FUS Rabat ku kinyuranyo cy`amanota 22.
Mu wundi mukino wa kimwe cya 4 wo kwishyura wa BAL 2026, ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri, yasezereye ASC Ville de Dakar yo muri Senegal, iyitsinze amanota 87-76.
Mu mukino wa kimwe cya 2 uteganyijwe kuwa gatatu tariki 27 gicurasi 2026, ikipe ya RSSB Tigers izakina na Al Ahly yo Misiri, umukino uzabera kuri BK Arena i Remera mu mujyi wa Kigali.