Ikipe ya APR FC ishobora kugarura abakinnyi babiri aribo Niyomugabo Claude na Ruboneka Bosco baherutse gutandukana nayo, nyuma yuko umutoza wa APR FC asabye ubuyobozi bw`iyi kipe gukora ibishoboka byose ngo bagarurwe.

Amakuru aturuka muri APR FC avuga ko nyuma yo gutsindwa na Gormahia mu mukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup, umutoza w`ikipe ya APR FC, Talib Abderrahim, yiseguye ku buyobozi bwe ku kuba batsinzwe ibitego bitanu ku busa, aboneraho gusaba ko hakorwa ibishoboka byose kugira ngo myugariro ukina ku ruhande rw`i bumoso Niyomugabo Claude na Ruboneka Bosco, ukina hagati, bagaruke.
Niyomugabo Claude na Ruboneka Bosco baherutse gutandukana n`ikipe ya APR FC nyuma yuko amasezerano yabo arangiye, bitewe nuko ibiganiro byari bigamije kubongera amasezerano bitakunze, nyuma yo kudahuza ku birebana n`ibyo aba bakinnyi bagenerwa kugira ngo bongere amasezerano.
Mu minsi yashize, Niyomugabo Claude yagaragarije ikipe ya APR FC ko yiteguye gusubukura ibiganiro kugira ngo abe yakomezanya nabo mu mwaka w`imikino utaha. Ruboneka Bosco we yavuze ko APR FC niramuka imuhaye ibyo yifuza, yiteguye gushyira umukono ku yandi masezerano.
Nyuma yo gutsindwa na Gormahia ibitego bitanu ku busa ku mukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup, ikipe ya APR FC irasabwa gutsinda imikino ibiri isigaje mu itsinda ryayo kugira ngo yongere amahirwe yo gukomeza muri kimwe cya kabiri. Kuri uyu wa mbere, APR FC irakina umukino wa kabiri na Garde Républicaine yo muri Djibouti mbere, yo gusoreza kuri Vipers yo muri Uganda.