Ikipe ya APR FC yongeye amasezerano y`umwaka umwe umutoza wayo,Taleb Abderrahim. Aya masezerano ashobora kuzongerwa mu gihe yatanga umusaruro mwiza.

APR FC yafashe umwanzuro wo kumwongera undi mwaka umwe, nyuma yuko Taleb afashije ikipe ya APR FC gutwara ibikombe bitatu mu mwaka w’imikino dusoje (2025/16). Muri uwo mwaka, ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona y`uRwanda nyuma yo gusoza ari iya mbere mu makipe yo mu Rwanda, ikaba iya 2 muri rusange inyuma ya Al Hilal yo muri Sudani. Iyi kipe y`ingabo z`igihugu yanatwaye igikombe cy`amahoro na Super Cup.
Kuva yagera mu ikipe ya APR, uyu mutoza ukomoka mu gihugu cya Maroc, yatoje imikino 34 muri shampiyona. Yatsinzemo imikino 19, anganyamo 11, anatsindwa imikino 4 gusa. Mu gikombe cy`amahoro, Taleb Abderrahim yatoje imikino irindwi, atsindamo imikino itanu, yegukana igikombe cy`amahoro atsinze Rayon Sport ku mukino wa nyuma.
Biteganyijwe ko nyuma y`umwaka w`imikino wa 2026-2027, ubuyobozi bw`ikipe ya APR FC buzasuzuma umusaruro w`uwo mwaka kugira ngo barebe niba bamuha andi masezerano.
Uretse igikombe cya shampiyona n`icy`amahoro, ikipe ya APR FC irashaka kwegukana igikombe cya CECAFA Kagame Cup kizabera mu Rwanda muri Nyakanga uyu mwaka, no kugera kure mu marushanwa nyafurika y`amakipe yabaye aya mbere iwayo (Caf Champions League).