Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abahungu batarengeje imyaka 18 mu mukino wa Basketball, yabonye itike yo kuzakina igikombe cya Afurika nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma w’amajonjora yo mu karere azwi nka ‘FIBA U18 AfroBasket 2026 Zone 5.

Ikipe y`u Rwanda ibigezeho nyuma yo gutsinda Uganda mu mukino wa kimwe cya kabiri ku manota 70-65, mu mukino wabereye i Cairo mu Misiri ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 28 Nyakanga 2026.
Uyu mukino waranzwe n`ihangana rikomeye kuva utangiye. Ikipe y`u Rwanda niyo yatangiranye imbaraga, byaje kuyifasha kwegukana agace ka mbere ku manota 17kuri 13. Ingimbi z’u Rwanda zakomerejeho mu gace ka kabiri karangiye zifite amanota 38-23.
Mu gace ka gatatu k`umukino, ikipe y`uRwanda yahuye n`akazi gakomeye, nyuma yuko ikipe ya Uganda ibashyize ku gitutu. Ibyo byaje gutuma ikipe ya Uganda yegukana ako gace ku manota 27 kuri 4.
Mu gace ka nyuma, amakipe yombi yakomeje gusatirana cyane, kugeza ubwo Uganda yabashije kugabanya ikinyuranyo. U Rwanda rwakomeje guhatana kugeza ku munota wa nyuma, ariko iminota 40 isanzwe irangira amakipe yombi anganya amanota 59kuri 59, hiyambazwa iminota itanu y’inyongera.
Mu minota y’inyongera, u Rwanda rwarushije Uganda ruyitsinda amanota 11-6, rubona intsinzi y’amanota 70 kuri 65 ku giteranyo cy` uduce twise tw`umukino, bihesha u Rwanda itike yo kugera ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa.
Iyo ntsinzi yahesheje Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abahungu batarengeje imyaka 18 itike yo kuzitabira igikombe cya Afurika, kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire kuva kuri tariki 5 kugeza kuri 16 Kanama 2026.
Ku mukino wa nyuma uzaba ku wa gatatu, u Rwanda ruzahura n’ikipe ikomeza hagati ya Misiri na Sudani y’Epfo.